RFL
Kigali

Afghanistan: Abana ni bo bahahira imiryango yabo binyuze mu kubumba amatafari

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:24/09/2022 23:47
0


Umwana w’umukobwa witwa Nabila akora amasaha arenze 10 ku munsi yikorera itaka ndetse n’icyondo mu ngorofani kugira ngo akibumbemo amatafari. Uyu mwana w’imyaka 12 y’amavuko, yatangiye gukora aka kazi kuva akiri muto kugeza ubu ntakigaragaza ko azava muri ubu buzima.



Umubare w’abana bashorwa mu mirimo ivunanye ukomeje kwiyongera mu gihugu cya Afghanistan. Ibi biterwa n’ubukungu bwabaye bucye ndetse n’amikoro akaba macye bitewe n’uko Abataliban basa n’abamaze kwigarurira igihugu.

Umuryango ‘Save The Children’, wagaragaje ko kimwe cya kabiri cy’imiryango yo muri Afghanistan, yashoboye abana mu mirimo ivunanye kugira ngo babashe gukorera urugo n’imiryango bakomokamo.

Nyuma y’uyu mwana w’imyaka 12 byagaragaye ko abana babayeho nabi cyane kandi ko bakeneye ubufasha bwamaze kurenga ubushobozi bwa Leta ya Afghanistan.

Abana ni bo bacukura aho bazakura amazi yo kubumbisha amatafari, nibo bashaka icyondo bazabumbisha, nibo bavoma amazi.

Aba bana nibo birirwa basuka ingorofani zuzuyemo ibyo twavuze haruguru bakoresha ndetse n’amatafari nyirizina ndetse ni nabo batwika amatafari bamaze kubumba.

Uyu mwana Nabila w’imyaka 12 kugeza ubu yatangiye kubumba amatafari afite imyaka 6 y’amavuko yonyine. Kimwe n’abandi bose, ababyeyi be bakorera mu gace ka Kiln hafi na Kabul.

Ubwo yageragezaga kujya ku ishuri riherereye ahitwa ‘Jalalabad, ntabwo byabashije kumukundira dore ko yahise avamo bitewe n’uko ababyeyi be bari bamukeneye cyane.

Ubwo uyu mwana yagirijwe n’itangazamakuru, akabazwa impamvu yirirwa akora, asa n’useka yarasubije ati “Nta kindi kintu dufite gutekereza uretse gukora”.

Undi mwana w’imyaka 9 ubwo yabazwaga uko amereye yaragize ati”Umugongo wanjye uri kumbabaza cyane”. 

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Associated Press, nta bundi buryo aba bana babaho uretse kwicara bagakorera imiryango yabo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND