RFL
Kigali

Rubavu: Akanyamuneza k’ababyeyi bishimira iringanizwa ry’amafaranga y’ishuri by’umwihariko mu mashuri abanza

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:23/09/2022 14:00
0


Nyiramajyambere Marie Jeanne, wasigiwe umwuzukuru we n’umukobwa we atazi iyo yagiye, yatangaje ko yari abayeho mu buzima bubi ndetse n’umwana yaravuye mu ishuri, gusa kuri ubu akanyamuneza ni kose nyuma yo kumenya ko amafaranga y’ishuri yishyurwa n’ababyeyi yaringanijwe.



Uyu mubyeyi wo mu Karereka Rubavu ugeze mu zabukuru, yasazwe n’umunezero nyuma yo kumva ko amafaranga y’ishuri yagabanutse ku bana biga mu mashuri abanza. Yashimiye Leta y’u Rwanda avuga ko kuringaniza amafaranga y’ishuri bizatuma abana bose biga by’umwihariko umwuzukuru we wari yaravuye mu ishuri bitewe n’uko yamusigiwe n’umubyeyi we ndetse akaba atazi ise umubyara kuko atigeze amwerekwa na nyina.

Uyu mubyeyi yatangaje ko yari yaragowe cyane no kubona amafaranga y’ishuri kuburyo bitari byoroshye kuri we kugira ngo abone amafaranga yo kwishyura ifunguro uyu mwana wari ugeze mu mwaka wa Kabiri w’amashuri abanza abashe kujya mu ishuri. Marie Jeanne, yatangaje ko mwana we mukuru yari asigaranye nawe yavuye mu ishuri kubera kubura amafaranga yo kwishyura ifunguro.

Avuga kuri uyu umwanzuro wa Guverinoma y’u Rwanda wo kuringaniza amafaranga y’ishuri mu mashuri yose ya Leta ndetse n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda, aho yagize ati: ”Mfite umunezero udasanzwe kubera ko umwuzukuru wanjye agiye gutangira ishuri kimwe n’abandi kandi nizeye ko Imana izamfasha bikagenda neza akabasha kubona ubwenge mu ishuri.

Uyu mwana mama we yaramuntanye gusa nakoze uko nshoboye kugira ngo abashe kwiga aho ubushobozi bwanjye bwari bugeze narimaze kunanirwa”.

Tuganira n’abandi baturage batandukanye bo muri aka Karere ka Rubavu mu Mirenge ya Rugerero na Nyundo  bagaragaje  akanyamuneza k’umitima bavuga imyato Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, bavuga ko umubare w’abana bata ishuri uzagabanuka.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND