Shampiyona y'icyiciro cya kabiri mu mupira w'amaguru mu Rwanda yasubijwe inyuma hasohoka ingengabihe nshya.
Iyi
shampiyona byari biteganyijwe ko izatangira tariki 10 Ukwakira nk'uko FERWAFA
yari yandikiye amakipe y'icyiciro cya kabiri mu ibaruwa yasohotse tariki 17
Kanama uyu mwaka.
Kuri
uyu wa Gatatu tariki 21 ni bwo FERWAFA yongeye kwandikira amakipe akina icyiciro
cya kabiri iyamenyesha ko gahunda yari ihari igaragaza igihe Shampiyona
izatangira yahindutse, shampiyona ikaba izatangira tariki 29 Ukwakira uyu
mwaka.
Tariki
27 Nzeri ni wo munsi wa nyuma ikipe izakina icyiciro cya kabiri igomba kuba
yiyandikishijeho, naho hagati ya tariki 28 Nzeri kugera tariki 6 Ukwakira
komisiyo ya FERWAFA ishinzwe kugenzura ibisabwa ngo ikipe ikine icyiciro cya
kabiri nibwo izakora iki gikorwa. Igihe cyo kwandikisha abakinnyi ni ukuva
tariki 22 Nzeri kugera tariki 10 Ukwakira uyu mwaka.
Shampiyona
y'icyiciro cya kabiri isanzwe yakira amakipe abiri avuye mu cyiciro cya mbere
kuri ubu Etoile de L'Est na Gicumbi FC ni zo kipe zasubiye mu cyiciro cya kabiri
zivuye mu cya mbere, mu gihe Rwamagana City na Sunrise FC arizo zazamutse mu cyiciro
cya mbere.
TANGA IGITECYEREZO