RFL
Kigali

Yari agiye gushinga urugo akanakorera Yesu byeruye: Ababyeyi n’abavandimwe ba Yvan Buravan bahishuye ibyaranze ibihe bye bya nyuma-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/08/2022 3:25
0


Dushime Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan mu ijoro ryo kumwizihiza hagarutswe ku butwari bwamuranze mu buzima bwe, ukuntu yagiraga ibanga ariko by’umwihariko n’ibyaranze iminsi ye ya nyuma itari yoroshye nyamara agakomeza gushinjagira gitore.



Mushiki wa Yvan Buravan umwe, ndetse wari n’inshuti ye bikomeye mu bavandimwe babo bose, Raissa, yagize ati: “Yari umuntu utanga ubuzima, umuntu ufite icyizere imbere, yari umukirisitu muri we ndetse ajya no kwinjira mu muziki yabanje kubimenyesha.”

Akomeza agira ati: “Yari afite imishinga myinshi kandi nabanye na we kuva ku munsi wa mbere kugera ku wa nyuma, yifuzaga kuzuza Kigali Arena. Numva nzusa ikivi cye, sinzi uko nzabigenza gusa asize Brand YB, ntizacika.”

Raissa yavuze ko Yvan Buravan yari azi ko azataha kuko ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 27 yabimubwiye, amubwira ko yumva hari ikintu gikomeye kizamubaho ariko atazi icyo ari cyo. Undi muvandimwe we nawe yagarutse ku munsi atazibagirwa kuri Yvan Buravan ati: “Ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 20, nibwo yatubwiye ko agiye gukora umuziki nk’umwuga. Uwo sinjya nkwibagirwa.”

Yvan Buravan kandi akaba yari umuntu ukunda abantu bose cyane gukina n’abana, dore ko abo yagiye yereka urukundo n’ubu bakomeje kubaza ababyeyi babo niba aribyo ko atazagaruka yagiye mu ijuru, mbega byabashobeye nk’uko bamwe mu bavandimwe babigarutseho.

Se kandi yagarutse ku kuntu Yvan Buravan yaje ari intsinzi, ariko rwose batari baramupanze. Ati: “Abantu Yvan Buravan avuka baratubwiraga bati mubonye intsinzi. Sekuru we ubwo ni papa umbyara, yaramurebye aravuga ngo azaba umugabo.”

Yvan Buravan ubwo yinjiraga mu muziki akaba yarafashijwe n’umuryango we wagiye umuba hafi, yaba mu kwamamaza ibikorwa bye ndetse n’amafaranga yo gukora indirimbo za mbere 10 yayahawe na mukuru we, akaba n’imfura mu muryango wabo.

Amagambo kandi Yvan Buravan yaririmbye mu ndirimbo ye ‘Ni Yesu’ mukuru we wanamurwaje yayagarutseho avuga ko yayaboneye igisobanura gikwiye ati: “No mu gicucu cy’urupfu nabisobanuriye mushiki wacu ko yavugaga ko no mu gihe cy’urupfu rwe atazigera agira ubwoba.”

Ubuheta bwo mu muryango wo kwa Yvan Buravan wari umurwaje yavuze ku urugendo rwa nyuma rwa Yvan Buravan harimo no kuva mu Rwanda bajya mu buhinde. Agira ati: “Urugendo rwacu ntabwo rwari rworoshye kugendana n’umuntu urwaye mu ndege, no kurya yarabimbuzaga yabaga ashaka ko mukorera massage yaba ku birenge no mu mugongo. Yarambwiraga ngo ‘ngwino uzaba urya ngwino umase’.”

Yashimye guverinoma y'u Rwanda yababaye hafi, cyane Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde uburyo yabitayeho ndetse akajya kubakira ku kibuga cy’indege. Gusa ariko avuga ko Yvan Buravan n’ubwo yabaga yikomeza bitabaga byoroshye kuko atabashaga kurya, yatunzwe na serumu kuko iyo yabigeragezaga yabirugaka.

Mu bihe by’uburwayi bwa Yvan Buravan akaba yarakundaga kumva indirimbo ‘Uko Ngusabira’ ya Elie Bahati na Fabrice Intarebatinya, ndetse ubwo yari agiye kwitaba Imana yasabye ko bayimushyiriramo. Niyo yatabarutse yumva.

Iyi ndirimbo ikaba yanaririmbwe mu muhango wo kumusabira, kumwizihiza, kumusezera no kumuha icyubahiro. Yvan Buravan kandi yitabye Imana yarabwiye mukuru we ko aramutse agize amahirwe agakira yareka ibindi byose agakorera Yesu byeruye.

Inshuti ye ariko babwiranaga byose, mu buhamya yatanze ikiniga kikanamurenga yavuze ko yari yaramubwiye ko nakira azahita akora ubukwe. Ati: “Ninkira nzahita nshaka.” We n’inshuti bakaba bari baremeranije ko umwe azabera undi Parrain.

Yvan Buravan ni we wari mutoya 

Mama wa Yvan Buravan 


Raissa, mushiki wa Yvan Buravan yakundaga cyane

Abavandimwe ba Yvan Buravan n’ubwo ari mu bihe bigoye ariko bashimye urukundo beretswe

Yatangiwe ubuhamya nk'umusore wari udasanzwe

Se wa Yvan Burvan yavuze ko yatunguwe no gusabwa na we ko bakorana indirimbo



AMAFOTO: SANGWA JULIEN-INYARWANDA.COM










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND