RFL
Kigali

Kwiyandikisha birarimbanyije mu irushanwa 'Loko Stars' rizahemba miliyoni 10 Frw

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/08/2022 16:20
0


Abiyumvamo impano yo kuririmba bari kwiyandikisha mu irushanwa ry’umuziki ‘Loko Stars’, rizahemba miliyoni 10 Frw ku muntu umwe uzaryegukana. Ni ku nshuro ya mbere rigiye kubera mu Rwanda, ariko ni ngarukamwaka.



Imibare igaragaza ko abarenga 30 ari bo bamaze kwiyandikisha, ndetse bamwe mu bagize Akanama Nkemurampaka batangiye guhitamo abagomba gukomeza mu kindi cyiciro cy’irushanwa.

Kwiyandikisha muri iri rushanwa rigamije gufasha abafite impano mu muziki byatangiye ku wa 18 Kanama 2022, bizasozwa ku wa 28 Kanama 2022.

Iri rushanwa riri gutegurwa na kompanyi y’umuziki "Empireskode” y’umuhanzi Faysal Ngeruka uzwi nka Kode.

Ibigenderwaho muri iri rushanwa bigaragaza ko uwiyandikisha asabwa kwifata amashusho (Video) aririmba, mu gihe kitarenze umunota umwe n'amasegonda 30'.

Ayo mashusho ayohereza kuri nimero iri kuri WhatsApp: 0791652266 cyangwa se kuri 0737312212. Uwiyandikisha kandi agomba kuba ari hejuru y'imyaka 18.

Kompanyi ya Empireskode isobanura ko abiyandikisha bagomba kuba bafite amashusho (Video) asa neza, video zigomba 'kuba zifashwe neza zitijimye, nabo ubwabo biteguye ku buryo buryoheye amaso.

Mu mashusho kandi, uwiyandikisha agaragaza irangamuntu ye, avuga imyirondoro ye, amazina y'indirimbo ari kuririmba na nyirayo.

Iri rushanwa rizahemba miliyoni 10 Frw. Ngeruka Faycal yabwiye InyaRwanda ko aya mafaranga akubiyemo 20% azahabwa mu ntoki uwatsinze, gukorerwa indirimbo, kwitabwaho mu buryo bwose bw’umuhanzi, guhabwa abafamusha mu muziki ‘Label’ n’ibindi.

Abazahatana muri iri rushanwa bazahatana mu bice bine: Igice cya mbere ni ukuririmba indirimbo zizwi nka Karahanyuze hagati ya 80 na 90, kuririmba indirimbo ziri hagati ya 1998 na 2011, indirimbo zo muri iki gihe (New school) ndetse na ‘Original song’ (aho azakora indirimbo ye bwite).

Iri rushanwa rizagera Rubavu, Huye, Kigali na Musanze, ndetse hazaba ibitaramo bya Live (Live Auditions Shows).

Kode avuga ko mu gihugu hose bazahitamo abantu 40, bivuze ko aho bazajya hose bazahitamo abantu 10 nyuma bahitemo abantu 5 bazaserukira buri gace. Mu gihugu hose bazahitamo abantu 20.

Muri iri rushanwa, Akanama Nkemurampaka kazaba gafite amanota 60%, kuri SMS bazatora kuri 30% naho abaturage (Public on sites) bazaba bafite 10%.

Kwiyandikisha mu irushanwa ‘Loko Stars’ birakomeje aho bizarangira ku wa 28 Kanama 2022 

Faysal Ngeruka [Kode] ni we watangije irushanwa ry’umuziki yise ‘Loko Stars’ rigamije guhitamo umuhanzi ufite impano mu kuririmba 

KANDA HANO UREBE KODE ASOBANURA BIRAMBUYE IRI RUSHANWA 'LOKO STARS'

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND