Umuhanzi w’umunya-Nigeria uri mu bagezweho muri iki gihe, Kizz Daniel, yageze i Kigali aho yitabiriye iserukiramuco ry’umuziki MTN/ATHF aririmbamo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022 kuri Canal Olympia.
Ahagana saa kumi zo kuri uyu wa
Gatandatu ni bwo uyu muhanzi ukunzwe mu ndirimbo ‘Bugga’ yageze ku kibuga
cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, ari kumwe n’abafamusha mu rugendo
rw’umuziki we.
Ni mu gihe abanyamakuru bamutegereje
ku kibuga cy’indege kuva saa tanu z’amanywa, bivuze ko bamaze amasaha atanu bategereje Kizz Daniel.
Uyu muhanzi yaje ari mu ndege yihariye
‘Privet Jett’ nyuma y’uko indege yari kumutwara imusize.
Yageze i Kigali kandi nyuma yo
gukorera igitaramo gikomeye mu gihugu cya Tanzania. Yagikoze asubukura icyo
yakabaye yarakoze ku wa 10 Kanama 2022, yasubitse nyuma y’uko ibikapu bye
birimo ibicurangisho by’umuziki n’ibindi byibwe.
Ubwo yari ku rubyiniro mu gitaramo
cyabereye mu Mujyi wa Dar es salaam, uyu muhanzi yabwiye abafana be
b’abanya-Tanzania ko abakunda. Ati "Murabizi ndabakunda bantu banjye muri
Tanzania."
Kizz Daniel yavuze ko mu izina rye,
abateguye iki gitaramo, abamufasha mu muziki 'Mbasabye imbabazi kubyabaye
[Aravuga kuba atarabaririmbiye ku itariki yari yatangajwe mbere].”
Kizz Daniel yageze i Kigali nyuma yo
gukorera igitaramo gikomeye muri Tanzania
Ku kibuga cy’indege, Kizz Daniel yakiriwe n’abarimo Bruce Melodie bahurira ku rubyiniro Kizz akuzwe muri iki gihe mu ndirimbo zirimo ‘Bugga’ n’izindi
Daniel yageze i Kigali nyuma y’amasaha atandatu yari ashize abanyamakuru bamutegereje
Kizz Daniel yageze i Kigali nyuma yo gufungirwa muri Tanzania nyuma y'uko adakoze igitaramo ku munsi wari wategenyijwe
REBA AMASHUSHO UBWO KIZZ DANIEL YARI AGEZE I KIGALI
AMAFOTO: Julien Sangwa - InyaRwanda.com
VIDEO: Bachir Nyetera - InyaRwanda Tv
TANGA IGITECYEREZO