RFL
Kigali

Ian Kagame yahawe ipeti rya ‘Sous-Lieutenant’ mu ishuri ryo mu Bwongereza rimaze imyaka 75-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:12/08/2022 21:11
1


Umuhungu wa 2 wa Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, Ian Kagame, ari mu banyeshuri basoje amasomo ya gisirikare y'aba ofisiye bato mu ishuri ryo mu Bwongereza rya gisirikare rya Royal Military Academy.



Kuri uyu wa 12 Kanama 2022 ni bwo mu Bwongereza ahitwa i Sandhurst habereye umuhango wo gutanga amapeti ku banyeshuri basoje amasomo ya gisirikare.

Muri abo harimo abanyarwanda barimo n’umuhungu wa Perezida Kagame, Ian Kagame, wambitswe ipeti rya ‘2nd Lieutenant.

Abasoje amasomo ni 41 baturutse mu bihugu 26 by’amahanga n’abandi 208 bo mu Bwongereza.

Uyu muhango witabiriwe na Perezida Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame.

Mu bandi banyarwanda basoje amasomo muri iri shuri rya gisirikare ryo mu Bwongereza harimo Park Udahemuka na David Nsengiyumva.

Umuhango wo guha aba basirikare amapeti wabereye i Sandhurst mu Bwongereza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 12 Kanama 2022. 

Mu mwaka wa 2019 ni bwo Ian Kagame yari yasoje icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu ishami ry’Ubukungu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kaminuza ya William.

Ishuri rya Royal Military Academy riri mu mashuri akomeye mu Bwongereza, rikaba ryarashinzwe mu mwaka wa 1947 bivuze ko rimaze imyaka 75.

Abanyarwanda 3 basoje amasomo muri Royal Military Academy barimo na Ian Kagame

Ubwo abanyeshuri basoje amasomo biyerekanaga imbere y'ababyeyi n'inshuti bari baje kubashyigikira barimo na Perezida Kagame n'umufasha we

Abanyeshuri basoje amasomo ya gisirikare bagera kuri 249

Ishuri rya Royal Military Academy riri mu mashuri ya mbere akomeye ya gisirikare






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ISHIMWE Lamy Jean Baptiste 1 year ago
    Congratulations 👏 Intego Nugukomeza Gutsinda.





Inyarwanda BACKGROUND