Umusore wo mu Karere ka Adansi South yiyahuye nyuma yo gutakaza amafaranga menshi ku mukobwa bakundanaga, nyina akanga ko bashakana.
Nk’uko byemejwe n’umushoferi utwara imbangukiragutabara
mu bitaro biri muri aka gace, ngo uyu musore yasanzwe amanitse mu mugozi iruhande rwe hari urwandiko yasize yanditse avuga ko azize kuba yarakunze
umukobwa nyuma umubyeyi ubyara uwo mukobwa akanga ko amushaka, ndetse akamumurinda
cyane nk’uko Kessben TV ibivuga.
Ubukwe cyangwa kwifuza kubana n’umuntu ni ibintu
bikomeye cyane, gusa biba ikibazo iyo bigeze aho umuntu runaka afata umwanzuro
wo kwiyambura ubuzima nk’uko byakozwe n’uyu musore utavuzwe amazina. Mu buzima
umuntu ashobora guhura n’ibihombo byinshi gusa biratangaza cyane ndetse bikanatera agahinda, kumva ko umuntu
ashobora kwitwara ubuzima hejuru y’igihombo yagize.
Bamwe bagaragaje ko bababaye cyane ndetse
batengushywe n’umusore wiyambuye ubuzima, kubera umukobwa akunda. Umukobwa
wamenye iby’iyi nkuru yagize ati
“Ese uyu niwe mukobwa wenyine wari ku isi? Ese ibyo
yari bukorerwe byose byari butume yiyahura? Kwiyahura nayo ni amahitamo ariko
ni amahitamo mabi cyane”. Undi yagize ati “Ubuzima ni ikintu gikomeye cyane,
ahari abantu benshi baramucira urubanza ariko burya kwiyahura birenze ubwenge
bwa muntu, birababaje kuba yiyambuye ubuzima”.
Ahari nawe wakwibaza niba uyu musore yaragombaga
gufata umwanzuro nk’uyu cyangwa niba yaragombaga gutegereza. Muri iyi nkuru ye ntabwo higeze hagaragazwa impamvu uwagombaga kuzamubera nyirabukwe atamushimiye
umukobwa we, kugeza ubwo umusore ahisemo kwiyahura.
TANGA IGITECYEREZO