RFL
Kigali

Imyaka 60 ni nk'aho ari micye - Perezida Kagame yifurije isabukuru nziza umufasha we

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:10/08/2022 18:32
0


Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije isabukuru nziza umufasha we Madamu Jeannette Kagame wujuje imyaka 60.



Abinyujije ku rubuga rwa Twitter Perezida Kagame yifurije isabukuru nziza umufasha we ati: ”Umunsi mwiza cyane w’amavuko Jeannette! Imyaka 60 ni nk'aho ari micye. Ibaze 30 irenga tumaranye;

Ni bwo twatangiye Umuryango n’Igihugu dufite ubu. Umunsi ku wundi ni ko usaba gukora byinshi kandi byiza. Uduhesha umugisha twese.”

Madamu Jeannette Kagame yabonye izuba kuwa 10 Kanama 1962. Yabanye na Perezida Kagame kuva mu mwaka 1989, bakaba bafitanye abana 4 barimo abahungu 3 n’umukobwa umwe.

Kugeza ubu ubuheta bwabo Ange Kagame ni we wamaze gushaka aho yashakanye na Bertrand Ndengeyingoma bafitanye abana 2.

Perezida Kagame yifurije isabukuru nziza umufasha we Jeannette Kagame

Umuryango wa Perezida Kagame na Jeannette Kagame

Abuzukuru babiri ba Perezida Kagame na Jeannette Kagame








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND