RFL
Kigali

Ifi nini cyane ipima ibiro 800 yari yaraheze mu ruzi Seine i Paris yateruwemo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:10/08/2022 12:11
0


Ifi ya rutura yo mu bwoko bwa beluga yateruwe ivanwa mu ruzi rwa Seine mu Bufaransa aho yari yaraheze, mu muhate ugoye wo kugerageza kuyirokora.



Iyi fi ya ‘baleine/whale’ y’uburebure bwa metero 4, iri mu bwoko bw’izibungabungwa ziba mu mazi akonje cyane y’inyanja ya Arctic ku mpera ya ruguru y’isi. Hashize icyumweru ibonetse yaraheze muri uru ruzi i Paris. Abavuzi b’inyamaswa barenga 10 bari bategereje ku nkombe ngo bahite batangira kuyivura, nyuma y’uko ivanywe mu ruzi ishyizwe mu kintu kimeze nk’ingobyi. 

 

Abantu bagera kuri 80 bari muri iki gikorwa cyo kuyitabara, barimo abahanga mu gucubira mu mazi hamwe na polisi. Guterura iyi fi nyamunini ipima ibiro 800, ni igikorwa cyafashe hafi amasaha atandatu mu ijoro ryo kuwa kabiri.

 

Abatabazi bayishyize mu ikamyo ikonjesha iyijyana ikayigeza ku mwaro w’inyanja, aho  bizeye kuyivura mu gihe cy’iminsi myinshi mbere yo kuyirekura igasubira mu nyanja ngari. Isabelle Dorliat-Pouzet ukuriye Intara ya Eure yagize ati “Ni igikorwa kirekire cyo gutabara, gisaba ubuhanga bwinshi”. Iyi fi yaheze mu ntera irenga 100km winjira ku butaka uvuye mu nyanja, ubuzima bwayo bwagiye buba nabi kuko yari yananiwe kurya.  

 

Inzobere mu by’inyamaswa yo mu kigo MarineLand ivuga ko iyi fi ishobora kuba yaragize ibibazo imbere muri yo badashobora kubona,  n’ubwo avuga ko ubundi belugas ari ubwoko bukomera cyane. Abantu benshi bari ku nkombe z’uruzi rwa Seine mu gace ka Saint-Pierre-La-Garenne bareba iki gikorwa cy’ubutabazi, kuko benshi mu Bufaransa bibazaga amaherezo y’iyi fi. Abatabazi bakomeje kugerageza kugaburira iyi fi, bagerageza no kuyifasha gukora urugendo rurerure rusubira aho yavuye ariko yari itarahindukira ngo irebe aho yaturutse. 

 

Inzobere ziracyibaza uburyo iyi fi yabashije kuva kure cyane mu gace k’umwimerere w’aho ziba ikagera hano. Mu gihe cy’izuba, belugas zijya zitarabuka zigana mu majyepfo gushaka ibyo zirya, ariko ni imbonekarimwe ko zigera kure cyane y’akarere kazo nk’iyi yageze i Paris. Ikigo Pelagis Observatory cyo mu Bufaransa gikurikirana inyamabere zo mu nyanja, kivuga ko belugas ziri hafi ya hano ari iziba hafi y’itsinda ry’ibirwa bya Svalbard mu majyaruguru ya Norway/Norvège, aho ni muri 3,000km uvuye ku ruzi rwa Seine.

Inkomoko: BBC 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND