RFL
Kigali

Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yasabwe kwihutisha ishyirwaho ry’amabwiriza agenga ibitaramo azafasha kurenganura abahanzi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/08/2022 11:16
0


Ingingo y’ikibazo abahanzi bakomeje kugaragaza y’uko bafatwa nabi mu bitaramo ikomeje kuganirwaho itangwaho ibitekerezo n’abantu batandukanye. Bagaragaza ko abahanzi bagakwiye kuririmba mu bitaramo ari uko bamaze kwishyurwa, abandi bakagaragaza ko abategura ibitaramo baba biringiye abaterankunga ariyo mpamvu batinda kwishyura abahanzi.



Ni ingingo itari nshya ariko mu ruganda rw’imyidagaduro, gusa yagize ubukana cyane ubwo Kenny Sol yatangazaga ko ataririmbye mu gitaramo ‘Rwanda Rebirth Celebration Live Concert’ cyatumiwemo The Ben kubera ko East Gold itubahirije amasezezano bari bagiranye.

Kontaro y’uyu muhanzi yavugaga ko yagombaga kwishyurwa Miliyoni 1.5 Frw mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera. Ku munsi w’igitaramo akishyurwa amafaranga yose yari asigaye, agahabwa n’ibindi byose byari bikubiye mu masezerano.

Ibaruwa ya Kenny Sol yo ku wa 7 Kanama 2022 yaherekejwe n’ubutumwa bw’abantu batandukanye barimo abahanzi bagaragaza ko batishimiye uburyo bafatwa n’abategura ibitaramo ndetse n’uburyo bagenda basuzugurwa muri rusange.

Mani Martin yanditse kuri konti ye Twitter avuga ko umuziki wahozeho kandi uzakomeza kubaho ‘n’igihe tuzaba tutagihari’ igikenewe ni uko buri wese aha agaciro abawukora.

Yavuze ko kuba umuhanzi akorera umuziki mu gihugu cye ‘bitamugira umuhanzi muto’ kuri abo bategura ibitaramo n’abafatanyabikorwa. Ati “Twese turakeneranye.”

Mu ibaruwa Juno Kizigenza yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kanama 2022, avugamo ko igihe kigeze kugira ngo abahanzi bagire abanyamategeko bazajya babafasha gusinya kontaro no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryazo.

Mike Karangwa umaze igihe kinini mu itangazamakuru, avuga ko igihe ari iki cy’uko abahanzi bagira abanyamategeko kuko kontaro nyinshi basinya ziba zidasobanutse. 

Ati “Juno Kizigenza imikoranire irimo kubahana niyo ikwiriye tuyiharanire. Ngushimiye ingingo yo gutangira gukoresha abasobanukiwe amategeko kuko ‘contracts’ nyinshi uburyo ziba zikozwemo ni ibyo kwibazaho.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi ba Muzika (Rwanda Music Federation), Intore Tuyisenge yabwiye INYARWANDA ko ibibazo abahanzi n’abakunzi babo bagaragaza ari bicye muri bimwe bikibangamiye uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Yavuze ko abahanzi badahabwa agaciro mu bikorwa bitandukanye, abantu bagikoresha ibihangano byabo nta burenganzira babifitiye, abandi bagakoresha amazina y’abahanzi mu kwamamaza ibikorwa byabo kugira ngo bakurure abakiriya cyangwa abaterankunga ‘ariko umuhanzi we ntacyo abiziho’.

Uyu muyobozi yavuze ko hakwiye kwishimirwa urwego abahanzi nyarwanda bagezeho n’akamaro ibihangano byabo bifite mu buzima bwa muntu, bikajyana n’uburyo umuhanzi afatwa neza, akabyubahirwa ndetse akagira n'icyo abikuramo kimufasha kwiteza imbere n'Igihugu muri rusange.

Tuyisenge yavuze ko bibabaje kuba hakiri abantu basuzugura umuhanzi, kenshi bigaragara mu batumira umuhanzi wo mu mahanga.

Ati “Birababaje mu gihe hari politike y’uko buri munyarwanda agomba kugira agaciro mu gihugu cye ariko hakaba bakiri abantu bamwe basuzugura umuhanzi w'umunyarwanda mu buryo buteye agahinda cyane cyane mu bategura ibitaramo bitumirwamo abahanzi b'abanyamahanga.”

Yavuze ko hari abahanzi babuzwa kuririmba mu bitaramo kandi bahari, abategekwa kuririmba mu buryo batitoje, abakurwa ku rubyiniro badasoje kuririmba. Ikibabaje kurushaho ni uko hari n’abamburwa ‘intica ntikize baba bemerewe’.

Ni mu gihe nyamara umuhanzi wo mu muhanga we bamwishyura mbere y’uko akorera igitaramo i Kigali cyangwa akayahabwa akigera i Kigali.

Tuyisenge yavuze ko n’ubwo hari inzego z'abahanzi zirimo amahuriro, Ingaga n'Inama nkuru y'Igihugu y'abahanzi, haracyari n'ibibazo byinshi byo gukemura, bityo ashishikariza abahanzi kumenya no guharanira uburenganzira bwabo.

Ku kibazo cy’abahanzi bataka ko batishyuwe mu bitaramo baririmbye, uyu muyobozi yavuze ko Rwanda Music Federation yiteguye kubafasha  kubona umujyanama mu by’amategeko umufasha gukurikirana ikibazo cye.

Byagera aho bajya mu rukiko bagakomezanya kugeza abonye ubutabera. Ati “Abahanzi akazi kacu ni uguhanga ibindi bikwiye kugira ababikurikirana.”

Uyu muyobozi yasabye Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kwihutisha ishyirwaho ry’amabwiriza agenda ibitaramo by’abahanzi, kuko ari yo azafasha mu guca akarengane abahanzi bahura nako mbere na nyuma y’ibitaramo baririmbamo.

Tuyisenge avuga ko aya mabwiriza bayaganiriyeho igihe kinini na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ku buryo bizeye ko azafasha abahanzi kutongera ‘gusuzugurwa nk’uko bikomeje kugenda’. Akomeza ati:

Nk’uko tudahwema kubisaba, turongera gusaba abafatanyabikorwa bacu barimo Inteko y'Umuco, Minisiteri y'urubyiruko n'umuco kudufasha (Rwanda Music Federation) kwihutisha ishyirwaho ry'amabwiriza agenga itegurwa ry'ibirori n'imyidagaduro kuko biri mu bizagabanya akarengane gakorerwa umuhanzi w'umunyamuziki by'umwihariko, ndetse bikanafasha kugira icyo binjiriza igihugu kurushaho.

Tuyisenge yizeje abahanzi gukomeza gukorerwa ubuvugizi mu gushaka ibisubizo by’ibibazo bafite nk’uko biri mu nshingano z’ibanze z’Urugaga rwa Muzika mu Rwanda.

Yashimye ubushake bwa politike buhari mu gufasha abahanzi, asaba abafite mu nshingano gushyira mu bikorwa ibigenewe abahanzi kubyihutisha.

Ati “Ibikorwa birahari ariko nanone iyo umuntu akeneye byinshi bigenda nk’uku mubona. Abahanzi turifuza umuvuduko uruseho mu bidukorerwa kandi twese tubigize mo uruhare(abahanzi) kugira ngo birusheho kwihuta. Ubumwe nibwo maboka kandi abishyize hamwe ntakibananira.”

Abanyamuziki bo mu Rwanda basanzwe babarizwa mu mahuriro arimo Rwanda Gospel Music Union, Ikembe Rwanda Modern Music Union, Ishakwe Gakondo Music Union, Igihango Union, Rwanda Audio Producers Organization ndetse na Rwanda Music Transcriptors Union. 

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi ba Muzika [Rwanda Music Federation], Intore Tuyisenge yasabye Minisiteri y’urubyiruko n’Umuco kwihutisha ishyirwaho ry’amabwiriza agenga ibitaramo kuko azafasha abahanzi kutarengana 

Kenny Sol asobanura ko yanze kuririmba mu gitaramo cyatumiwemo The Ben kubera ko ibyari mu masezerano bitubahirijwe

Juno Kizigenza avuga ko hari ibitaramo yanze kuririmbamo, ababitegura batangira ‘kumugira ishyamba’ (mu mvugo z’ubu) 

The Ben aherutse gukorera igitaramo gikomeye muri BK Arena nyuma y’imyaka ibiri ahakoreye amateka 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND