Igitaramo Rwanda Rebirth Celebration, The Ben yari ategerejwemo na benshi yabagaragarije ko ashoboye kandi kuririmba atari ibyo yinginga mu ndirimbo zitandukanye yaririmbye imwe ku yindi afatanije n’abari bateraniye muri BK Arena.
Ku
isaha ya saa tanu ni bwo Symphony Band yatangiye gushyushya ibyuma hitegurwa
umuhanzi nyirizina The Ben, nabo babanza kukanyuzaho banumva ko bivuga neza hari
ku isaha ya saa 23:14.
Ku isaha ya saa 23:20, Luckman Nzeyimana yavuze ibigwi The Ben yunganiwe na Mc wahamagaye Tiger B ku rubyiniro. Yinjiriye mu ndirimbo ye yakunzwe cyane agaragiwe n'abasore n'inkumi bambaye umukara n'abaririmbyi bambaye ibyera.
Saa
23:25 ni bwo The Ben yatangiye kuririmba indirimbo ye "Habibi" ajyanirana
n'ibihumbi byari biteraniye muri Arena.
Yakurikijeho
izindi ndirimbo ze zakunzwe zirimo "Ntacyadutanya" yakoranye na Princess Priscillah, "Roho Yanjye" na "Lose Control" yakoranye na Meddy.
Yaririmbye
kandi izindi ndirimbo zirimo n'izo yahereyeho, ageze ku ndirimbo "Ko Nahindutse" biba
ibindi kuko yayiririmbye mu buryo bunyuranye n’uburyo isanzwemo ariko bunogeye
amatwi.
Ku isaha ya saa 23:55 yasabye abanyabirori gushimira Perezida Paul Kagame n’impundu nyinshi baramukundira barabikora. Yahise akurikizaho indirimbo ye "Wigenda".
Saa
00:08 The Ben yafashe umwanya asaba abantu gucana urumuri rwa telefone zabo agiye kuririmba
indirimbo "Ndaje" ababwira ko ari isengesho.
Indirimbo "Thank You" na "Why" nizo zahize izindi mu kwishimirwa cyane nubwo bigoye kuvuga indirimbo itanyuze abari
bitabiriye igitaramo cya The Ben.
Pamella
byari byitezwe ko aza kugaragara ku rubyiniro ntiyahageze ariko iri zina ryavuzwe
kenshi riratumbagizwa.
The Ben yanyuze abitabiriye igitaramo cye muri BK Arena
TANGA IGITECYEREZO