RFL
Kigali

Aherutse gupfusha abantu batatu mu muryango! Igor Mabano yavuze imvano y’indirimbo ‘Kabiri’ yakoranye na Fireman-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/08/2022 19:23
2


Umuhanzi Igor Mabano ubarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Kina Music, yatangaje ko hashize igihe gito apfushije abo mu muryango we batatu, byatumye yongera gutekereza ku mibereho ya muntu n’iherezo rye nyuma y’ubu buzima.



Hari bamwe mu bahanzi bagiye bajya mu nganzo, bakandika kandi bakaririmba ku rupfu bikarangira bavuze ko babuze izina barwita. Rushengura inshuti, abavandimwe, imiryango cyane ko uwo mwabuze muba mutazongera guhura ukundi.

Abemera Imana bo bavuga ko mu ijuru ari ho heza. Ibyanditswe bikagukomeza bivuga ko muzongera guhura n’abantu mwakunze, aho muzabaho ubudapfa ukundi.

Igor Mabano yabwiye InyaRwanda ko mu minsi ishize yapfushije abantu batatu barimo Nyirarume wapfuye mu buryo butunguranye, nyuma bapfusha umwana w’imyaka 20 y’amavuko nawe wagize urupfu rurimo uburwayi nyuma y’aho hari undi mubyeyi witabye Imana.

Uyu muhanzi yavuze ko muri icyo gihe yanyuze mu bihe bikomereye umutima ku buryo kubyakira bitamworoheye kugeza n’uyu munsi.

Avuga ko iyo ugeze mu irimbi aho bashyingura 'uwawe' ari bwo utangira gutekereza ku iherezo ry’ubuzima n’ibindi.

Mabano avuga ko muri icyo gihe yagiye avugana n’abantu batandukanye barimo Ishimwe Clement bamukomeza ku bw’ibihe bitoroshye yarimo gucamo.

Avuga ko nyuma Clement yaje kumuhamagara amusaba kumusanga muri studio asanga yamaze kwandika inkikirizo y’iyi ndirimbo nawe akomerezaho.

Ati “Nageze muri studio arampamagara ngo ngwino nkubwire nsanga ‘chorus’ irahari mpita ndirimba kubera ni yo ‘mood’ (uko yari ameze) bihita bibyara indirimbo.”

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yumvikanisha agahinda k'umuntu uri gutekereza ku be yabuze, akabyakira akumva ko ‘iherezo rya twese ari rimwe’.

Iyi ndirimbo yaririmbyemo umuraperi Fireman umaze iminsi akorana bya hafi na Kina Music. Aherutse gukorana indirimbo ‘Muzadukumbura’ na Nel Ngabo, ‘Bafana bafana’ na Butera Knowlesss na Bull Dogg.

Igor Mabano avuga ko yahisemo gukorana indirimbo na Fireman kubera ko ari ‘umuraperi mwiza waduhaye icyo twifuzaga muri iyi ndirimbo’. Ati “Niyo mpamvu twamuhisemo.”

Akomeza ati “Ni umuhanzi ubwira igitekerezo akakiguhereza uko wabyifuzaga ndetse akanarenzaho. ‘Kabiri’ rero ni indirimbo irimo za Hip Hop navuga zo kuvuga ubuzima. Nta muntu kamara, ube umukene, ube umukire, ukiza ni ukubana mu mahoro, kuko iherezo rya twese ni rimwe.”

Uyu muhanzi yavuze ko muri iki gihe ahugiye mu gutegura zimwe mu ndirimbo ziri kuri album ye ya kabiri kandi abahanzi bazayikoranaho bari kuvugana.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo ‘Kabiri’ yakozwe na Ishimwe Clement n’aho amashusho yafashwe na Gad.


Igor Mabano yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Kabiri’ yakoranye na Fireman 

Mabano yavuze ko gupfusha abantu batatu mu muryango mu minsi ishize byabaye imvano y’indirimbo ye yise ‘Kabiri’ 

Igor Mabano yavuze ko ari gukora kuri album ye ya kabiri kandi n’abahanzi yifuza gukorana nabo bari mu biganiro

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KABIRI’ YA IGOR MABANO NA FIREMAN

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • twagirimana regis1 year ago
    yobibaho ndisi gusa abizera yesu twemerako abacu twabuze tuzongera tukabonana ubworero ihangane yesu arahar !
  • kwaya1 year ago
    kuri igro niyihangane kd urupfu niyo nzira yiherezo kubuzima bwa muntu.





Inyarwanda BACKGROUND