RFL
Kigali

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Ntezilyayo Faustin yasuye RFL ashima umusanzu wayo mu rwego rw’ubucamanza-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/08/2022 0:19
0


Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Ntezilyayo Faustin, yasuye Laboratwari y'u Rwanda y'Ibimenyetso bya Gihanga byifashishwa mu butabera [Rwanda Forensic Laboratory], ashima umusanzu wayo mu kubaka urwego rw’ubucamanza, binyuze mu gutanga ibimenyetso bya gihanga.



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 4 Kanama 2022, ni bwo Dr Ntezilyayo umaze imyaka isaga 30 akora mu by’amategeko, yasuye icyicaro cya RFL ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Ni muri gahunda yo gushimangira ubufatanye buri hagati y’iki kigo n’inzego z’ubutabera.

Ku wa 4 Ukuboza 2019, nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Dr Faustin Ntezilyayo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga asimbuye Prof Sam Rugege wari umaze imyaka umunani aruyobora.

Mu ruzinduko rwe, Dr Ntezilyayo yagaragarijwe ibimaze kugerwaho muri RFL kuva mu 2018 iyi Laboratwari yatangiye gutanga serivisi ku baturage, ibigo n’inzego. Ariko hanagaragazwa imbogamizi zirimo nk’inyubako ngari yo gukoreramo, ibikoresho n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Forensic Laboratory, Dr Charles Karangwa, asobanura RFL nk’intambwe idasanzwe ‘igihugu cyacu’ cyateye kugira ngo ifashe urwego rw’ubutabera kubona ibimenyetso by’ikoranabuhanga ndetse bishingiye ku buhanga hagamijwe kubona ubutabera, kandi ibi byose bikaba bisigaye bibera mu Rwanda.

Ibi byatumye ingengo y’imari yagendaga ku bipimo byoherezwaga mu mahanga yaragabanutse.

Mu myaka ine ishize RFL ikora, Dr Karangwa avuga ko imaze gutanga umusanzu mu gufasha abantu kubona ubutabera, imikirize y’imanza n’ibindi.

Avuga ko RFL iri mu bigo bifite ubushobozi bukomeye muri Afurika yaba mu bikoresho, abakozi n’ibindi.

Uretse mu butabera, RFL inagira uruhare mu kurwanya icyaha cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, n'ibindi.

RFL kandi yagize uruhare rukomeye mu gusuzuma ‘amafunguro n’ibinyobwa n’ibijyanye na za hoteli mu gihe cy’inama ihuza abakuru b’ibihugu za Guverinoma izwi nka CHOGM’.

Dr Karangwa avuga ko RFL imaze kwakira no gukora kuri dosiye 30, 000 muri serivisi zose batanga. Muri izi dosiye harimo izirenga 3,000 zifite aho zihuriye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Uyu muyobozi avuga ko uyu musaruro ukomeye cyane mu kubungabunga umuryango nyarwanda ndetse n’umutekano urambye ‘binyuze mu kurwanya no guhana ibyaha’.

Yavuze ko mu gihe gito bakoze uko bashoboye serivisi zose zitangira gukora. Ubu bafite Laboratwari 12 zitanga serivisi zitandukanye ku baturage, ibigo n’abandi.

Iyi Laboratwari yaragutse kuko serivisi zayo zirimo ADN zegerejwe abaturage aho abagana ibitaro bya Gihundwe babasha kuyihabwa, ku bitaro bya Rubavu n’ahandi.

Hari gahunda y’uko serivisi zayo zizagezwa n’ahandi mu bice bitandukanye by’igihugu. Ariko kandi hatangiye inzira yo kugira ngo RFL yemerwe ku rwego Mpuzamahanga. Serivisi za RFL ubu zose ziri mu ikoranabuhanga.

Zimwe mu mbogamizi, Dr Karangwa yagaragaje harimo ko Laboratwari ikorera ahantu hato, kuko ubu iteretse ku buso bwa meterokare 300 mu gihe ubundi hakanewe nibura ubuso bwa meterokare 10, 000.

Uyu muyobozi yavuze ko uruzinduko rwa Dr Ntezilyayo ruvuze byinshi kuri RFL ‘kandi uko muzakomeza kudukorera ubuvugizi mu nzego z’ubutabera ndetse n’ahandi’.

Mu ijambo rye, Dr Faustin Nteziryayo yashimye RFL ku bw’umusanzu wayo mu butabera umunsi ku munsi, avuga ko ikwiye gukomeza gushyigikirwa.

Yavuze ko bitewe n’aho Isi igeze, hari imanza zigenda zirushaho gukomera bikaba ngombwa ko inteko ziburanisha rimwe na rimwe zitabaza abahanga kugira ngo zibone ibimenyetso bya ngombwa.

Akomeza ati “Aha rero ni ho natangiriye mvuga y’uko mu rwego rw’ubucamanza dushimira cyane Rwanda Forensic Laboratory, uburyo mudufasha kubera y’uko iyo habaye nk’izo manza zisaba ubumenyi buhambaye turabitabaza kandi kugeza ubu twishimiye uburyo dukorana.”

Nteziryayo ufite Impamyabumenyi y’Ikirenga mu Mategeko yakuye muri Kaminuza ya Antwerp mu Bubiligi, avuga ko byari ngombwa gusura RFL nk’umuntu ukuriye urwego rw’ubucamanza ‘kugira ngo tuganire ariko nanone no kubagaragariza y’uko dushima cyane uburyo mudufasha’.

Yavuze ko uruzinduko rwe rwari ruri mu murongo wo gusobanukirwa birushijeho no gukorera ubuvugizi bimwe mu bigikenewe kugira ngo iyi Laboratwari igera ku rwego Mpuzamahanga.

Ati “Urumva rero iyo tubonye ibimenyetso kandi byafashwe mu buryo bya gihanga byoroshya rwose akazi kacu ku buryo rwose dushima uburyo Rwanda Forensic Laboratory idufasha.” 

Kanda hano urebe amafoto menshi:

     

Ubwo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo yari ageze ku cyiciro gikuru cya RFL ku Kacyiru kuri uyu wa Kane tariki 4 Kanama 2022 

Akigera muri RFL, yakiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Forensic Laboratory Dr Charles Karangwa 

Dr Ntezilyayo [Uri ibumoso] na Dr Karangwa Charles [Uri iburyo] mu kigo baganira ku ngingo zitandukanye hagamijwe kongerera ubushobozi RFL 

Mu ijambo rye, Dr Ntezilyayo ufite ubunararibonye mu bijyanye no kwigisha, yavuze ko Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda ari we wamushishikarije gusura RFL, kandi yasanze ibyo yamubwiye ari byo 

Mu ijambo rye, Dr Karangwa yagaragaje ibimaze kugerwaho mu gihe cy’imyaka ine ishize RFL ikora n’ibigikenewe kugira ngo igere ku rwego Mpuzamahanga


Bamwe mu bayobozi bahagarariye amashami ya Rwanda Forensic Laboratory  

Dr Karangwa yahaye impano yihariye Dr Ntezilyayo nyuma yo kugirira uruzinduko muri RFL 

Abayobozi baherekeje Dr Ntezilyayo mu ruzinduko yagiriye muri Rwanda Forensic Laboratoy- Ubanza ibumoso ni Dr Karangwa wa RFL 


Dr Ntezilyayo yanditse mu gitabo cy'abasura RFL 

Dr Karangwa yavuze ko RFL yatoranyijwe mu bihugu by’Afurika kuzakira Inama Mpuzamahanga y’abahanga mu gukoresha ubuhanga bwa kiganga mu gutahura ibyaha izabera mu Rwanda muri Werurwe 2023 

Dr. Ntezilyayo yagize umwanya wo gusura laboratwari zitandukanye zibarizwa muri RFL asobanurirwa imikorera yazo n’ibindi 


Umuyobozi wa 'Quality Assurance Specialist' muri RFL, Nkubito Sadiki wagaragaje bimwe mu byo RFL imaze gukora birimo ko mu gihe cy'imyaka imaze gusuzuma dosiye 28, 009 

Dr Ntezilyayo asobanura ko umucamanza ahuza imvugo, ibimenyetso by’ababuranyi n’ibyo amategeko ateganya


Umuyobozi w’ishami ryo gutahura ibiyobyabwenge muri RFL, Dr Kabera Justin wari umusangiza w’ijambo muri uyu muhango 

Dr Karangwa yavuze ko RFL yifuza gutangiza ikigo cy’amahugurwa, kuko hari ibihugu birimo Mozambique, Niger, Mali, Cameroon, Angola n’abandi bamaze gusaba ko abakozi babo bahugurwa 

Muri uru runziduko Dr Ntezilyayo yari aherekejwe (uhereye ibumoso) n’Umugenzuzi akaba n'Umuvugizi w'Inkiko, Mutabazi Harrison, Umucamanza akaba na Perezida w’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, Uwera Immanuculee n’Umwanditsi mu rukiko rw’ikirenga, Alice Mutangampundu 


Dr Ntezilyayo ari kumwe na Dr Karangwa

 



AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND