Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko kuba Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Muhire Henri ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa yarasubijwe mu kazi byabazwa iri shyirahamwe kuko bitarureba ndetse ko rwamaze gukora akazi karwo uko bikwiye.
Ku
wa Kabiri tariki ya 5 Nyakanga 2022, IIshyirahamwe ry’umupra w’amaguru mu
Rwanda ‘FERWAFA’ ryasubije mu kazi Umunyamabanga mukuru waryo, Muhire Henry Brulart
nyuma y’ibyumweru bibiri ahagaritswe azira kudashyira mu bikorwa inshingano ze.
Mu
kiganira yagiranye na RadioTV10, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje
ko Muhire agikurikiranywe hamwe na bagenzi be babiri; Nzeyimana Félix wari
ushinzwe Amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan, bose uko ari
batatu bakaba bakekwaho ibyaha bitatu bifite aho bihuriye na ruswa no gukoresha
inyandiko mpimbano.
Uko
ari batatu, yaba Muhire ukurikiranywe adafunze n’abandi babiri bafunze,
bakekwaho icyaha cyo Guhimba, guhindura cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano,
icyo kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha ndetse n’icyaha cyo guhindura
amakuru yo muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa utabyemerewe.
Dr
Murangira avuga ko dosiye y’ikirego cyabo, yashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki ya
27 Kamena 2022 kugira ngo na bwo bukore iperereza ryisumbuyeho, bunafate
icyemezo cyo kubashyikiriza Urukiko.
Itangazo
rya FERWAFA risubiza Muhire Brulart mu kazi, ryasohotse ku wa Kabiri tariki ya 05
Nyakanga 2022.
Dr
Murangira avuga ko iki cyemezo cyo kuba yarasubijwe mu kazi “byabazwa FERWAFA
ariko ntidukeka ko byabangamira iperereza kuko ibimenyetso byari bikenewe
byarabonetse”.
Murangira
yavuze ko RIB itazihanganira ruswa aho yaba ivugwa hose, aboneraho gusaba
abafite ibimenyetso kuri ruswa ivugwa mu mupira w’amaguru, bagana uru rwego
bagatanga amakuru kugira ngo irandurwe aho gukomeza kubivugira mu biganiro
bitambuka mu bitangazamakuru gusa.
TANGA IGITECYEREZO