RFL
Kigali

Daniel Ngarukiye witegura kugaruka mu Rwanda yasohoye indirimbo ‘Ka kana’ ishingiye ku mwana bakuranye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/07/2022 16:27
0


Umukirigitananga Daniel Ngarukiye yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Ka kana’, ivuga ku rukumbuzi rwo kuburana n’uwo mwabyirukanye ugahora wifuza kumubona.



Uyu muhanzi asohoye iyi ndirimbo mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022 agaruka mu Rwanda, nyuma y’imyaka irindwi yari amaze mu Bufaransa.

Ni nyuma y’igihe kinini agerageza kuza mu Rwanda ariko bikanga. Ngarukiye yabwiye INYARWANDA ko iyi ndirimbo ari inkuru mpamo y’ubuzima yabanyemo, n’umwana w’inshuti ye batongeye kubonana nyuma y’uko umuryango we wimukiye i Kigali.

Avuga ko kuva icyo gihe atongeye kubonana n’uwo mwana kugeza n’uyu munsi. Muri iyi ndirimbo, uyu muhanzi aririmba abwira uyu mwana bakuranye kwigaragaza, ‘maze twigaragaze kuko ishusho yawe yanze kumvamo’.

Ati “Ni indirimbo ishingiye ku mwana twakuranye ariko twaje kuburana. Ni indirimbo yamporaga ku mutima ku buryo numvaga naratinze kuyisohora, igihe rero cyari iki ko nyisohora mbere y’uko ngaruka mu Rwanda, sinzi niba nzabasha guhura nawe, ariko aho ari azigaragaze.”

Uyu muhanzi avuga ko inkuru yaririmbye muri iyi ndirimbo, azirikana neza ko atari inkuru yisanze kuko hari n’abandi bafite abo bakuranye ariko batongeye kubonana, kubera ibihe cyangwa se izindi mpamvu z’ubuzima.

Ni indirimbo avuga ko yakwifashishwa na buri wese, ariko kandi ni urwibutso rudasaza kuri we kuko izakomeza kumufasha kuzirikana uyu mwana bakuranye.

Ngarukiye avuga ko amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe mu Bufaransa ndetse no mu Rwanda. Mu buryo bw’amajwi (Audio) yakozwe na Didier Touch, naho amashusho (Video) yakozwe na Julien.

Ngarukiye ni umwe mu bahanga mu gukirigita inanga u Rwanda rufite. Azwi mu ndirimbo nka ‘Uru rukundo’, ‘Ikibugenge’, ‘Giramata’ n’izindi nyinshi.

Ngarukiye avuga ko hamwe n’inanga ye bagiye kugaruka kumva amahumbezi yo mu rw’imisozi 1000


Ngarukiye yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Ka kana’


Daniel Ngarukiye ni umwe mu bahanzi bafite ubuhanga mu gucuranga inanga 

Ngarukiye agiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka 7. Aherutse kuvuga ati “U Rwanda naruvuyemo, ariko ntirwamvamo”

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘KA KANA’ YA DANIEL NGARUKIYE

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND