RFL
Kigali

Dj Dizzo yemeje ko yafunzwe imyaka 4 kubera guhohotera abagore ubwo yari mu Bwongereza, asobanura uko byagenze

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/07/2022 18:16
1


Mutambuka Derrick uzwi nka Dj Dizzo yasohoye ibaruwa ifunguye, asobanura birambuye ibyanditswe ko yafunzwe mu gihe cy’imyaka 9 akurikiranyweho guhohotera no gufata ku ngufu abagore babiri b'abazungu ubwo yari mu gihugu cy'u Bwongereza, aho yari amaze imyaka 17 mbere y'uko agaruka mu Rwanda.



Mu ibaruwa yasohoye kuri uyu wa 6 Nyakanga 2022 INYARWANDA ifitiye kopi, Dj Dizzo yavuze ko ibyavuzwe byabanje gutangazwa n'ibinyamakuru byo mu Bwongereza bimenyekana mu Rwanda muri iki gihe, ko mu 2015 yakatiwe igifungo cy'imyaka 9 n'inkiko zo mu Bwongereza ku byaha by'ihohotera no gufata ku ngufu abagore. Ati "Ibi ni ukuri."

Yavuze ko ubwo yari afite imyaka 16 y'amavuko, yahuye n’ikibazo cyatumye afungirwa mu Mujyi wa Newcastle mu Bwongereza. Avuga ko 'ntabwo nemeraga ibyo banshinjaga' ariko 'urukiko rwahisemo kunkatira imyaka 9 y'igifungo'.

Dizzo abaganga babwiye ko asigaje iminsi 90 yo kubaho, yavuze ko mu ijoro rimwe yahuye n'abagore babiri b'abazungu bahamagara Polisi bamushinja kubahohotera, kandi ko abatangabuhamya bakoresheje mu kumvikanisha ikirego cyabo ari abavandimwe babo.

Dizzo avuga ko “hamwe n'abunganizi mu mategeko badashoboye ‘Legal Aid’ batangwa na Polisi ku muntu utabasha kwiyishyurira umunyamategeko, ntabwo nigeze mbona amahirwe mu rukiko' rutari rushyigikiye abimukira rukarangwa n'ivangura.

Yemeye ko yakatiwe imyaka 9 y'igifungo, ariko afungwa imyaka 4 ararekurwa 'kubera kugaragaza imyitwarire myiza muri gereza’.

Uyu musore yavuze ko ku wa 23 Ukuboza 2019 ari bwo yafunguwe. Avuga ko icyo gihe cancer yari yaramaze kwigaragaza, kandi muri gereza yahabwaga ubuvuzi uko bari bashoboye.

Dizzo avuga ko Cancer yagiye ikwirakwira mu mubiri we mu buryo bwihuse. Avuga ko ibizamini bya NHS byagaragaje ko asigaje amezi atatu yo kubaho, ni mu gihe umuganga wigenga we yamubwiye ko asigaye ukwezi kumwe ko kubaho.

Avuga ko igihe abaganga bavuga gishobora kwiyongera cyangwa kikagabanuka. Yavuze ko ari igihe kitoroshye kuri we, kimusaba kwitwararika no kwiyitaho.

Uyu musore avuga ko intambara y'ubuzima yarwanye ikomeye mu Bwongereza, ari nayo mpamvu yahisemo kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda 'igihugu mfite ku mutima'.


Dj Dizzo yavuze ko imbere y'urukiko atemeraga ibyo yashinjwaga, kandi ko abanyamategeko yari yahawe ntacyo bamufashije kugira ngo atsinde urubanza.

Dizzo yavuze ko GoFundMe yakusanyirijweho miliyoni 9 Frw zamufashije kugaruka mu Rwanda, yafunguwe atabigizemo uruhare, ariko ashima umutima wa buri umwe witanze.

Yavuze ko atirukanwe mu Bwongereza 'bitandukanye n'ibyatangajwe’, kuko yaje mu Rwanda mu buryo bwemewe. Ati "Ntabwo naje mu Rwanda nambaye amapingu."

Uyu musore yavuze ko yizera neza ko ibi bitanze ibisobanuro kurushaho. Avuga ko ashaka kurangiza ubuzima bwe mu mahoro, ari kumwe n’inshuti.

Dizzo atangaje ibi nyuma y’uko ku wa Kane tariki 30 Kamena 2022, abakoresha imbuga nkoranyambaga bambariye kugaragaza ko yisunze uburwayi bwa Cancer, ashyira mu mutaka icyaha cy’ihohoterwa yakoreye mu gihugu cy’u Bwongereza.

Ikiganiro cyabereye kuri ‘Twitter Space’ cyahuje abantu ba hafi bo mu muryango wa Dizzo, n’abandi barimo abafashije uyu musore kubona amafaranga yo kugaruka mu Rwanda, ntibemeranyije ku buzima uyu musore yaciyemo.

Cyahawe umutwe ugira uti ‘We need our money back’ [Turashaka gusubizwa amafaranga yacu].

Ibi byose byaturutse ku nkuru zahererekanyijwe n’abantu zirimo izanditswe na The Chronicle Live, Daily Mail, The Independent n’izindi.

Inkuru bifitanye isano:  Ni ugusebanya- Dj Dizzo asubiza abamufashije kurangiriza ubuzima mu Rwanda basaba gusubizwa amafaranga nyuma yo kumenya ko yafungiwe gufata ku ngufu 

Dj Dizzo yatangaje ko yakatiwe gufungwa imyaka 9 akurikiranyweho guhohotera no gufata ku ngufu abagore ubwo yari mu Bwongereza 

Dizzo yavuze ko yafunzwe imyaka 4 ararekurwa kubera ko yagaragaje imyitwarire myiza. Avuga ko ubwo yari afunzwe Cancer yari yaratangiye kwigaragaza

 

Ibaruwa ya Dj Dizzo atanga umucyo ku byavuzwe ko yafungiwe guhohotera abagore mu Bwongereza

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DJ DIZZO

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Angel bigwi assoumpta1 year ago
    Uyu muvsndimwe afite amateka yumubiri mimucira urubanza ibyo ninkogudhinyagura,Imana imuko.ereze impagarike nubugingo





Inyarwanda BACKGROUND