Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Joan Laporta yatangaje ko iyi kipe ayobora iri gutegura ibirori by’akataraboneka byo gushimira rutahizamu w’ibihe byose muri iyi kipe, Lionel Messi ku kazi gakomeye n’ibigwi yakoreye i Catalonia mu myaka 17 yayikiniye.
Messi
yavuye muri Barcelona umwaka ushize yigurishije nyuma yuko inaniwe kumwongerera
amasezerano kubera ikibazo cy’ubukungu, yerekeza muri PSG yo mu Bufaransa
akinira magingo aya, gusa akaba yaravuye I Camp Nou abafana batabyifuza dore ko
banakoze imyigaragambyo basaba ubuyobozi gukora ibishoboka byose bakagumana uyu
munya-Argentine ariko birangira byanze.
Kubera
icyorezo cya COVID-19 cyari cyarahagaritse gahunda nyinshi zirimo no gukumira
abafana ku bibuga, ntabwo Messi yigeze abona umwanya wo guhura n’abafana be ndetse
n’aba Barcelona kugira ngo abasezere, iyi kipe iri gutegura ibirori by’akataraboneka
byo ku musezera imbere y’abafana ibihumbi.
Mu
nama y’inteko rusange ya komite ya FC Barcelona, perezida w’iyi kipe Laporta
yavuze ko yababajwe cyane n’igenda rya Messi ariko bkimwubaha ndetse banamuha
agaciro gakomeye k’ibyo yabakoreye mu myaka 17 yabakiniye.
Yagize
ati”Nzashyigikira ndetse nanayobore ibikorwa byose byo gushaka uko twashimira
ndetse tugaha agaciro Messi ku bwa byose yahaye Barca.
Tugomba
kumuha urwibutso rw’iteka kubyo yakoreye Barcelona.
Kuri
njye, Messi azahora iteka muri Barcelona, ibibazo byatumye dukora ibyo twakoze,
gusa ibi ntibikuraho icyubahiro tumugomba ubu ndetse n’iteka, tugomba gushimira
byimazeyo uyu mukinnyi watuhaye ibyishimo igihe kirekire.
Iyo
tutaza kumugira mu myaka 20 ishize, hari ibitari kuvugwa”.
Barcelona
irateganya gushimira Messi imbere y’imbaga y’abafana i Camp Nou mu 2024 ubwo
iyi kipe izaba yizihiza isabukuru y’imyaka 125 imaze ivutse, bikazahurirana
neza nuko Messi azaba asoje amasezerano y’imyaka ibiri yasinyiye PSG.
Messi
yafashije Barcelona kwegukana ibikombe 45 bitandukanye mu myaka 17 yakiniye FC
Barcelona.
TANGA IGITECYEREZO