RFL
Kigali

Vatican: Papa Francis yahakanye ibivugwa ko yarwaye kanseri no kuba ateganya kwegura

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:5/07/2022 18:24
0


Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru w'ibiro ntaramakuru by'abongereza Reuters, Nyirubutungane Papa Francis yahakanye ibivugwa ko yarwaye kanseri no kuba ateganya kwegura kuyobora Kiliziya Gatolika.



  • Nyirubutungane Papa Francis yahakanye ibivugwa ko arwaye kanseri no kuba ateganya kwegura.

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika Nyirubutungane Papa Francis yahakanye amakuru avuga arwaye kanseri, no kuba ateganya kwegura kuyobora  Kiliziya Gatolika ku isi.


  • Ubwo ibiro bya Papa biri vatican byatangazaga ko uruzindiko rwe yagomba kugirira mu Repubulika 
  • Iharanira Demokarasi ya Congo mu kwezi gushize. Hari amakuru yavugaga ko uyu mwepisikopi wa Roma akaba n'umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi ashobora kuba arwaye kanseri.

    Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru w' ibiro ntaramakuru by'abongereza Reuters, Papa Francis yahakanye  kubyo kurwara indwara ya kanseri, avuga ko abaganga bamupimye bagasanga nta  burwayi bwa kanseri afite.


    Papa Francis, umunyamakuru yanamubajije ibivugwa ko ashaka kwegura niba bizabaho abakora nk'ibyo Benedicto wa 16 yasimbuye yakoze muri 2013. Uyu mushumba wa Kiliziya Gatolika yarabihakanye, ahubwo avuga ko ababivuga bashingira ku kuba hari abamubanjirije beguye.


    Papa Francis aramutse yeguye  yaba papa 4 weguye nyuma  Benedicto wa 16 yasimbuye weguye muri 2013, Papa Gregoire 12 mu mwaka wa 1415, na Papa Celestine 5  mu mwaka wa 1294.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND