Amafoto yashyizwe ahagaragara n'urubuga rwa twitter rw'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'uburundi NTARE RUSHATSI HOUSE agagaraza Perezida Ndayishimiye n'umufasha bikoreye ibirayi bavuye gusarura mu murima bafite mu ntara ya Gitega akomeje kuvugisha benshi.
Amafoto yashyizwe ahagaragara n'urubuga rwa twitter rw'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'uburundi NTARE RUSHATSI HOUSE agagaraza Perezida Ndayishimiye Evariste n'umufasha we Angeline Ndayishimiye bikoreye ibirayi bavuye gusarura mu murima bafite mu ntara ya Gitega, yakomeje gukwira imbuga nkoranyambaga ndetse no kuvugisha abatari bake.
Aya mafoto agaragaye nyuma y'umunsi umwe ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Burundi bisohoye itangazo rigenewe abanyamakuru bamenyesha abarundi ko abagize guverinoma bagiye kumara mu kiruhuko cy'iminsi 10 batangiye ku itariki ya 4 Nyakanga bakazagisoza tariki ya 15 Nyakanga 2022.
Kuri uyu wa kabiri Perezida Ndayishimiye n'umufasha Angeline nubwo atagiye mu biro bye, bakoze ibyo baheruka gukorera mu mirima yabo iri muri komini Ndava mu Ntara ya Mwaro muri Gashyantare, nabwo basaruye ibirayi bataha babyikoreye ku mutwe.
Uyu wa kabiri tariki 5 Nyakanga 2022 bagaragaye nanone mu murima bafite ku musozi wa Bitare muri komini Bugendana intara ya gitega . Kuba Ndayishimiye n'umufasha we bongeye kugaragara basarura ibirayi mu Ntara ya Gitega bigaragaza ko ari abahinzi bakunda guhinga ibirayi .
Dore ayo mafoto yakomeje gukwira henshi no kuvugisha abatari bake:
TANGA IGITECYEREZO