RFL
Kigali

Cricket: Nyabihu hatangijwe ikipe nshya ubwo hagaragazwaga urwego umukino ugezeho mu mashuri

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/07/2022 10:08
0


Mu mpera z’icyumweru twasoje, ku wa Gatandatu tariki ya 02 Nyakanga 2022 mu karere ka Rubavu habereye imikino yahuje ibigo by’amashuri (inter schools) mu mashuri abanza n’ayisumbiye, aho ibigo 4 byahataniye ibikombe ndetse i Nyabihu hafungurwa ikipe nshya.



Ibigo byitabiriye aya marushanwa birimo Lycée notre damme d'afrique de nyundo, G.S sanzare, Kayanza primary school na Noel primary school.

Amakipe y’ibigo by’amashuri yagiye ahura hagati yayo ubundi harebwa ikipe yatsinze imikino myinshi iba ariyo yegukana igikombe, aho imikino yose yabereye ku kibuga cya petit seminaire ya nyundo.

Ibigo 4 by’amashuri nibyo byatangirijwemo umukino wa cricket mukarere ka Rubavu.

Kuri uwo munsi kandi mu karere ka Nyabihu, hatangijwe ikipe shya ya cricket, iki gikorwa cyabereye kuri Rambura Sports Ground.

Ni igikorwa cyitabiriwe na Vice-Mayor ushinzwe ubukungu mu karere ka Nyabihu, Bwana Habanabakize Jean Claude ,Vice-Mayor ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Simpenzwe Pascal ,Umuyobozi mukuru w’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu Bwana Thushara Pinidiya, Umuyobozi mukuru w’uruganda rw’icyayi rwa Sorwathe Bwana Rohit Perrières , Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Ishyirahamwe ry’umukino wa cricket mu Rwanda Bwana BYIRINGIRO Emmanuel , Abayobozi bahagarariye ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu karere ka Nyabihu, Ababyeyi b’abana n’abahagarariye inzego z’umutekano.

Vice-Mayor ushinzwe ubukungu mu karere ka Nyabihu, Habanabakize Jean Claude yishimiye iki gikorwa anavuga ko bagiye gukora ibishoboka byose kugirango uyu mukino uzabe intangarugero mu karere ka Nyabihu, anavuga ko bazatanga inkunga ikomeye kugirango uyu mukino uzabe akazi kubawukina.

EMMANUEL Byiringiro ushinzwe ibikorwa mu Ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda ‘RCA’, yemeye inkunga y’ibikoresho muri aka karere anavuga ko abatoza bigisha uyu mukino bagomba kongererwa amahugurwa kugirango bakomeze gufasha aba bana babaha ibyingenzi k’ubumenyi muri uyu mukino.

Mu karere ka Nyabihu hatangijwe ikipe nshya y'umukino wa Cricket

Mu karere ka Rubavu ibigo by'amashuri byatangirijwemo umukino wa Cricket byahataniye ibikombe

Umukino wa Cricket urimo urashinga imizi mu bigo by'amashuri mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND