Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi, Niyigena Clement wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri mukeba APR FC aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Kuri
uyu wa Mbere tariki ya 4 Nyakanga 2022, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye
ifoto y’uyu mukinnyi yambaye umwenda w’iyi kipe y’ingabo z’igihugu ndetse
yawusomye, binashimangira ibyavuzwe guhera umwaka ushize ko APR FC yari
yaramaze kwegera Clement bagira ibyo bumvikana.
Transiferi
ya Niyigena muri APR FC yavuzwe guhera mu mwaka ushize gusa bisaba gutegereza
amasezerano yari afite muri Rayon Sports ko arangira kuko itari kumutanga muri
mucyeba bahora bahanganye.
Amakuru
INYARWANDA yahawe n’umwe mu bari hafi y’uyu mukinnyi yemeza ko maginga aya
Niyigena Clement ari umukinnyi mushya wa APR FC ndetse wanasinye amasezerano y’imyaka
ibiri.
Niyigena
Clement yageze muri Rayon Sports mu myaka ibiri ishize avuye muri Marines FC, akaba
yaraje nk’intizanyo. Marines FC nayo ikaba yari yamutijwe n’irerero rya APR FC,
rya Intare.
Niyigena
yagiye azamura urwego uko bwije n’uko bukeye, yaba muri Marines FC ariko biba
akarusho ageze muri Rayon Sports aho imikinire y’iyi kipe yari yubakiye kuri
uyu mukinnyi ukina mu bwugarizi.
Uyu
mukinnyi yanahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi ndetse anakina imwe mu mikino
ya gicuti u Rwanda rwakinnye harimo n’uwa Guinea.
Clement
asanze muri APR FC abandi bakinnyi bakina ku mwanya umwe barimo Buregeya,
Aimable na Rwabuhihi, bose bagiye guhanganira umwanya ubanza mu kibuga.
Niyigena Clement yamaze gusinya amasezerano y'imyaka ibiri muri APR FC
TANGA IGITECYEREZO