RFL
Kigali

Davis D yakoreye igitaramo gikomeye mu Bubiligi yitegura kujya mu Bufaransa-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/07/2022 15:11
0


Umuhanzi wubakiye umuziki we ku njyana ya Afrobeat, Davis D yakoreye igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Buruseli mu gihugu cy’u Bubiligi.



Ni cyo gitaramo cya mbere uyu muhanzi akoze mu ruhererekane rw’ibitaramo ‘Afro-Killer Concert’ azakorera ku mugabane w’u Burayi.

Ibi bitaramo yabyitiriye album ye ya mbere yise ‘Afro-Killer’ amaze imyaka itandatu akoraho izaba iriho indirimbo 20.

Ku wa Gatandatu tariki 2 Nyakanga 2022, uyu muhazi yataramiye Abanyarwanda n’abandi batuye i Buruseli.

Uyu muhanzi yavuze ko iki gitaramo cyamusigiye ibyishimo. Ati “Ntabwo nzibagirwa itariki ya 2 Nyakanga 2022 mu Bubiligi.”

Kuri uyu wa kabiri, uyu muhanzi arerekeza mu Bufaransa aho azataramira Abanyarwanda n’abandi bahatuye, ku wa 8 Nyakanga 2022.

Byitezwe ko uyu muhanzi azava mu Bubiligi ahafatiye amashusho y’indirimbo ze ndetse n’iz’abandi babiri bamaze kwemeranya gukorana.

Uyu muhanzi aherutse kubwira Radio Rwanda, ko yasanze mu Bubiligi bazi indirimbo ze zirimo ‘Itara’, ‘Dede’, ‘Biryogo’ n’izindi yanaririmbye muri iki gitaramo.

 

Davis D avuga ko ibi bitaramo byiswe Afro-Killer Concert abikomereza mu Bufaransa


Davis yavuze ko yanyuzwe n’uburyo abantu bamwakiriye muri iki gitaramo 

Uretse ibi bitaramo, Davis D azahava ahafatiye amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze yarangije gukora mu buryo bw’amashusho   

Icyishaka David uzwi nka Davis D avuga ko ibi bitaramo bizabera no mu Rwanda 

Ku wa 8 Nyakanga 2022, Davis D azataramira mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa

DAVIS D AHERUTSE GUSOHORA INDIRIMBO YISE ‘BIG LOVE’

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND