RFL
Kigali

Adrien Misigaro yatangaje ko yahombye miliyoni 14 Frw mu gitaramo cyasubitswe, akomoza ku bari bamuciye intege

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/07/2022 12:43
0


Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Adrien Misigaro yatangaje ko yahombye miliyoni 14 Frw ubwo igitaramo ‘Each One Reach One’ cyasubikwaga muri Werurwe 2020.



Yabitangaje nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 3 Nyakanga 2022, mu Intare Conference Arena, ahakoreye iki gitaramo ashyigikiwe n’abahanzi barimo Israel Mbonyi, James na Daniella, Serge Iyamuremye na Papy Claver.

Adrien yabwiye itangazamakuru ko iki gitaramo cyagenze neza mu buryo atari yiteguye, kuko igitaramo nk’iki cyari kuba mu 2020 cyasubitswe habura amasaha 12, bituma ahomba miliyoni 14 Frw.

Ati “Biragoye kubibara, iyo itegura igitaramo ugenda utakaza amafaranga mu buryo butandukanye, ariko kiriya gitaramo [Cyo mu 2020] ngeranyije hari hafi nka miliyoni 14 Frw [Yahombye].”

Avuga ko icyo gihe abari baguze amatike yabasubije amafaranga yabo, kandi ageze no muri Amerika hari abo yakomeje koherereza amafaranga bari bishyuye.

Uyu muhanzi avuga ko ibi bitaramo biba bitagamije amafaranga cyane, ahubwo baba bifuza ko ubwoko bw’Imana buteranira hamwe buyihimbaza. Ari nayo mpamvu atavuga ko Imana yamushumbushije nyuma y’igihombo yaguyemo.

Ati “Gushumbusha Imana yampaye ni uko yongeye kunzanira ba bantu bakitabira igitaramo.”

Yavuze ko mu 2020 yahagaze ku rubyiniro mu Intare Arena Conference asuka amarira, atekereza ku myiteguro yari amaze gukora n’ubushobozi yari amaze gushyiramo.

Ati “Cyagenze uko ntabitekerezaga. Kuko urabizi ko ubushize basubitse igitaramo hasigaye amasaha 12. Rero kuba cyabaye ni ikintu cyandenze. Mperuka hano ndira, ubonye ko nsoje igitaramo mbyina n’abantu, nishimye nagiye muri ‘audience’ (mu bafana) ndabyina, kuko numvaga byandenze.”

Uyu muhanzi yavuze ko ibyishimo by’iki gitaramo yakabaye abisangira n’umuvandimwe we Gentil Misigaro, ariko yagize impamvu zitamuturutseho zatumye abatasha kuza mu Rwanda. Yavuze ko Gentil Misigaro atarwaye, ahubwo ni impamvu zisanzwe zatumye ataza mu Rwanda.

Adrien yavuze ko agiye gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri gahunda z’umuziki n’iz’umuryango.

Avuga ko iki gitaramo yagiteguye abantu bamuca intege, bitewe n’uko yagishyize muri weekend yo kwibohora, yahuriranye n’ibitaramo bikomeye.

Ati “Iki gitaramo ni intsinzi kuri njye! Nagiteguye abantu bari kunca intege bambwira ngo hari ibitaramo byinshi, ahantu hose hari ibitaramo byinshi byahabereye za Gisenyi habereye ibitaramo, i Kigali uyu munsi hari ibitaramo, ahantu henshi hari ibitaramo bambwira ngo nibizakunda ariko wabibonye ko Abanyarwanda batwitabiriye. Ni umugisha, ni wose ku buzima bwa buri munsi.”

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Buri munsi’ yavuze ko yatangije umuryango ‘New Melody of Hope’ mu rwego rwo gutera ishyari ryiza buri wese, kugira ngo yumve ko hari icyo yakora mu guhindura Isi neza kurusha uko yayisanze, binyuze mu gihundira imibereho y’abandi n’ibindi.

Ati “…Ndasaba rero buri munyarwanda kumva ko afite inshingano zo kureba [Kwita] kuri mugenzi we, ashobora kuba ari umunyeshuri mugenzi wawe, akaba ari umuntu musengana shaka umuntu umwe wagirira igikorwa cyiza, umuntu umwe wakorera neza, umuntu umwe washimira mu buryo bwose butandukanye.”

Iki gitaramo cyaririmbyemo abahanzi b’amazina akomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana barimo Israel Mbonyi, Serge Iyamuremye, James na Daniella na Papy Claver n’umugore we.

Adrien avuga ko buri muhanzi wese yatumiye muri iki gitaramo ari inshuti ye, ariko kandi yanashingiye ku kuba Abanyarwanda babakunze. Avuga ko yabatumiye kugira ngo bamufashe kwishimira ko igitaramo cyasubukuwe.

Uyu muhanzi yavuze ko Israel Mbonyi ari umuhanzi w’inshuti ye yihariye, yagiriye inama ubwo yinjiraga mu muziki, kandi ufite indirimbo akunda.

Yavuze ko ibitaramo byose amaze gukorera mu Rwanda, Israel Mbonyi yamushyigikiye kuva mu mwaka w’2018. Ati “Bivuze ngo dufitanye ubushuti bwihariye.”

Adrien yavuze ko mu bihe bitandukanye yagiye yemeranya na Israel Mbonyi gukorana indirimbo, ariko bitewe no kutaba hamwe bigakoma mu nkora gahunda zabo.

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze iki gitaramo:

Inkuru bifitanye isano: Adrien Misigaro yaririmbye yimara agahinda mu gitaramo gikomeye yahuriyemo n’abarimo Israel Mbonyi na James&Daniella    

Adrien Misigaro yatangaje ko yahombye miliyoni 14 Frw ubwo igitaramo ‘Each One Reach One’ cyasubikwaga muri Werurwe 2020 

Adrien yavuze ko hari abamuciye intege bamubwira ko azabura abantu mu gitaramo kubera ko cyahuriranye na weekend y’ibitaramo byinshi mu Rwanda    

Adrien yavuze ko ari inshuti y’igihe kirekire ya Israel Mbonyi kandi bahuza, avuga ko batekereza gukorana indirimbo ari umwanya ukabakoma mu nkokora    

Adrien yavuze ko abarimo James na Daniella yabatumiye kubera ko ari abahanzi abanyarwanda bakunda    

Papy Claver n’umugore we Dorcas bahesheje umugisha benshi bifashishije indirimbo zo mu gitabo 

Umuramyi Serge Iyamuremye yageze ku ndirimbo ‘Biramvura’ asendereza ibyishimo muri benshi 

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND