RFL
Kigali

#Kwibohora28: Intore Tuyisenge yakoze indirimbo ivuga ibikorwa Perezida Paul Kagame yagejeje kuri Nyaruguru-YUMVE

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/07/2022 18:48
0


Mu rwego rwo kwizihiza kwibohora ku nshuro ya 28, umuhanzi Intore Tuyisenge uzwi mu ndirimbo zinyuranye, yashyize ahagaragara indirimbo ‘Nyaruguru Horana inganji’.



Iyi ndirimbo yumvikanisha ibikorwa byagezweho mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, aho mu izina ry’abaturage b’aka karere ashimira Perezida Paul Kagame ‘ko ibyo yemereye abatuye Nyaruguru yabigejejeho byose’.

Muri iyi ndirimbo Indashyikirwa za Nyaruguru zigira ziti “Uri ruserukana igitinyiro imbere y’imbaga y’ababisha, muri rubanda igikundiro kigakura buri munsi.”

Bakongera bati “Ni wowe wamenye igikwiriye ubutaka bwacu ngo bwere, rudasumbwa horana inganji. Uri rukebura abakerakera abandi bakereye umurimo, imihigo igeze mu mahina, uri rudahungana umuheto, uri rusatirana imbaraga imbere y’imbaga y’umwanzi! Nyaruguru horana inganji.”

Bimwe mu byo uyu muhanzi aririmba abaturage bishimira harimo: Umuhanda wa Kaburimbo, Ibitaro by'ikitegererezo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, Imidugudugu yubakiwe abakuwe mu manegeka, kuzana abashoramari muri aka karere, by'umwihariko indashyikirwa zikamushimira umutekano uganje. Byose ari ukubera imiyoborere myiza!

Tuyisenge yabwiye INYARWANDA ko iyi ndirimbo inagaruka ku mateka yagiye aranga aka karere ka Nyaruguru mbere y'umwaduko w'abakoroni, n'ubutwari bw'abakurambere cyane cyane Ingabo z'i Nyaruguru zatangije umuhamirizo ugakwira igihugu cyose, imyidagaduro igashinga imizi.

Avuga ko indashyikirwa muri iki gitaramo cyo kwizihiza Umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28 biteguye gukomeza ibigwi n'imihigo.

Muri iyi ndirimbo kandi, uyu muhanzi agaragaza ibyagezweho n'ahari amahirwe hakwiriye gushorwa imari ndetse no gukomeza guteza imbere ubukerarugendo, cyane cyane ubushingiye ku iyobokamana ku butaka butagatifu bwa Kibeho.

Akarere ka Nyaruguru kari mu Ntara y'Amajyepfo, kakaba kagizwe n'Imirenge 14 ifite utugari 72 n'imidugudu 332. Gahana imbibi n'Akarere ka Nyamagabe, Huye, Gisagara, Igihugu cy'Uburundi na Pariki ya Nyungwe.

Ni Akarere k'ubukerarugendo bushingiye ku Iyobokamana; Ubuhinzi bw'icyayi bugize ubukungu bw'Akarere.

Intore Tuyisenge yakoze indirimbo z'uturere zirimo nka Karongi, Nyabihu, Gasabo, Gicumbi, Burera, Gisagara, Gatsibo, Kirehe, Nyagatare n’izindi.

Intore Tuyisenge ajya anyuzamo agakora indirimbo zivuga ku bundi buzima nk’urukundo. Hari indirimbo ‘Urudashoboka’ yakoranye na Danny Nanone, ndetse harimo indirimbo z’ubukwe yakoze ariko yahisemo gushyira imbaraga cyane ku ndirimbo zigaruka ku burere mboneragihugu. 

Tuyisenge yakoze indirimbo yumvikanisha ibikorwa Perezida Kagame yagejeje kuri Nyaruguru  

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘NYARUGURU HORANA INGANJI’ YA INTORE TUYISENGE

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND