Iserukiramuco rya African In Color ryaraye rishyizweho akadomo, mu ijoro ryacyeye mu buryo bw’ibitaramo. Risigiye byinshi uruganda rw’imyidagaduro, ariko by’umwihariko risize rimuritse abahanzikazi batanga icyizere cyo kugeza umuziki nyarwanda kure.
Umuziki nyarwanda umaze gushinga imizi ndetse abahanzi b’imahanga
biragoye kuba baza ukabona ko hari ikintu gishya bazanye, n’ubwo ari ngombwa ko
baza kubw’imibanire myiza no gukomeza kuremera umuziki nyarwanda inzira n’amashami.
Mu minsi ya nyuma isoza ukwezi kwa Kamena no mu ntangiriro za Nyakanga
2022, mu Rwanda hari hari kubera iserukiramuco rya African In Color ryabereyemo
ibikorwa bitandukanye birimo ibyo kwidagadura, ndetse n’umwanya w’ibiganiro
bigamije kurebera hamwe uko ubuhanzi bwakomeza gutera imbere ku mugabane wa
Africa.
Mu batanze ibiganiro n’ababyitabiriye harimo abanyarwanda nizindi
nzobere mu birebana no kwaguka ku impano, baturutse mu bihugu binyuranye byiganjemo
ibyo ku mugabane wa Africa, birumvikana nk’umugabane wakiriye iri serukiramuco
ariko na none nabo ku migabane yindi cyane Amerika n’u Burayi.
INYARWANDA tukaba twifuje kubagezaho abahanzikazi iri serukiramuco risize
rishimangiye ko bashoboye, bigaragaje mu bikorwa by’umuziki byamamajwe cyane
birimo icyaraye kibaye mu ijoro ryo kuwa 02 Nyakanga cyazanye La Fouine, kimwe
n’icyagombaga kuba none kuwa 03 Nyakanga 2022 cyari kuzana itsinda ry’abahanga mu
muziki rya Magic System, ariko ritabashije kuboneka.
Iki gitaramo n’ubwo kitabaye ariko, abahanzi b’abanyarwanda
bagombaga kugiserukamo baririmbye mucya La Fouine. Iki gitaramo cyaranzwe n’umunezero
n’ibyishimo, kuva ku munota wa mbere kugera ku wa nyuma. Umuhanzikazi akaba n’umuraperi
Angel Mutoni yagaragaje imbaraga zo ku rwego rwo hejuru, kandi ahuza n’abafana byatumye
igitaramo kirushaho kuryoha kuko ariwe wagifunguye.
Winjiye mu muziki wa Angel Mutoni, usanga uri ku rwego mpuzamahanga
yaba mu myandikire, imikorerwe y’amashusho y’indirimbo ze ndetse n’uburyo
avugamo indimbi z’amahanga cyangwa asubiramo indirimbo z’abandi. Bigaragara ko
akomeje guhabwa umwanya nta kabuza yazagera kure.
Iri serukiramuco rikaba ryaratumye aririmbana n’abahanzi
bamaze kugira izina bo mu bihugu binyuranye batari na La Fouine bahuriye ku
rubyiniro rumwe, ahubwo n’abandi baririmbanye kuri Hotel Onomo kuwa 01 Nyakanga 2022
aho Angel Mutoni yigaragaje cyane agashimwa n’abarimo Soul T banasangiye uruvugiro
(microphone).
Kuri Onomo Hotel kandi hari n’abandi bahanzi barimo n’umunyabigwi
mu muziki wanegukanye Grammy Awards, Vasti Jackson wanafashije La Fouine mu
ijoro ryacyeye mu gucuranga imwe mu ndirimbo ze yaririmbye.
Angel Mutoni ukomeje kwigaragaza kandi akanyura abatari bacye
si we wenyine iri serukiramuco risize rimuritse, mu bahanzikazi batanga icyizere
cy’uko bashyigikiwe bageza kure umuziki w’u Rwanda mu gihe babakomeje
gushyigikirwa yaba n’abakunzi b’umuziki nyarwanda, abaterankunga batandukanye
na guverinoma muri rusange ahubwo na Christiane Boukouru.
Boukouru wigaragaje kuwa 01 Nyakanga kuri Onomo ni umwe mu
bafite ijwi ry’agatangaza, bafite imyandikire n’imiririmbire bidashidikanywaho
kuba ari byiza n’ubwo atazwi na benshi mu Rwanda ariko ari mu bafite impano ikomeye
kandi itangaje, ndetse umuziki we yaba abanyamahanga n’abanyarwanda bari kuri
Onomo Hotel wabonaga ko banyuzwe nawo.
Ntawavuga kandi abahanzikazi bakomeje gushyigikirwa bakerekwa
inzira iboneye ibintu bikorwamo, bagahabwa ubufasha bw’amafaranga n’amahugurwa
atandukanye bidatinze bakambutsa umuziki w’u Rwanda mu mahanga, ngo yirengagize
Ariel Wayz ufatwa nk’umwamikazi w’umuziki muri iki gihe.
Ariel Wayz waserutse mu ijoro ryacyeye mu gitaramo cya La
Fouine yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze kandi ubona ko abantu banyuzwe, ndetse
bamwe mu banyamahanga bari bahari wabonaga bongorerana berekana ko rwose ari
umuhanzikazi ufite ubuhanga bwo hejuru.
Christiane Boukouru yanyuze abari kuri Onomo
Bukuru ni umwe mu bahanzikazi bafite ubuhanga bukomeye kandi batanga icyizere byongeye gushimangirwa n'iserukiramuco rya African In Color
Kuri Onomo Hotel Angel Mutoni yanyuze abari bahateraniye
Afite ubuhanga mu muziki aririmba mu ndimi z'amahanga n’urwa gakondo rw'ikinyarwanda
Umubiligi Soul T wambaye umukara yishimiye cyane impano ya Angel Mutoni banaririmbanye
Kaya Byinshi n’ubwo ataririmbye muri African In Color, ni umwe mu bahanzi b'abahanga unaherutse guhatana muri Prix Decouverte. Aha yari kuri Onomo Hotel.
Kaya Byinshi yitabiye igitaramo cya La Fouine muri Car free zone Kigali
Ari mu bahanzikazi babonye gikurikirana ifatika impano yabera umugisha kurushaho u Rwanda
Ariel Wayz yanyuze abanyamahanga n'abanyarwanda muri African In Color Festival
Angel Mutoni yaririmbye aranarapa mu gitaramo cyatumiwemo La Fouine
Angel Mutoni yari yabucyereye
AMAFOTO: SANGWA JULIEN-INYARWANDA
TANGA IGITECYEREZO