Abahanzi Lilian Mbabazi na Slaï bashimishije mu buryo bukomeye abitabiriye igitaramo Kigali Jazz Junction binjiza Abanyarwanda n’abandi muri weekend yo kwizihiza imyaka 28 ishize u Rwanda rwibohoye.
Ni mu gitaramo ‘Anglo-Franco Fusion’ cyabaye
mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nyakanga 2022, muri Kigali
Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Remmy Rubega washinze RG Consult Inc itegura
ibi bitaramo, yavuze ko iki gitaramo cyahuriranyemo no kwishimira ko u Rwanda
ari rwo ruyoboye umuryango wa Commonwealth ndetse na Francophonie.
Avuga ko kandi bishimiye kuba ibitaramo bya Kigali Jazz Junction byongeye kubera muri Camp Kigali nyuma y’igihe kinini.
Ni igitaramo kandi avuga ko kibaye mu gihe u Rwanda rukomeje urugamba
rwo guhangana na Covid-19, aho kuri ubu abitabira ibitaramo n’ibindi basabwa
kuba barikingije mu buryo bwuzuye iki cyorezo.
Umurishyo wa mbere w’iki
gitaramo wavugijwe na Neptune Band guhera saa 20:57 baririmba nyinshi mu
ndirimbo z’abahanzi barimo Rihanna, Omah Lay, iziri mu njyana ya Zouk, Reggae n’izindi
zatumye abitabiriye iki gitaramo bava mu bukonje.
Iri tsinda rigizwe n’amasura mashya y’abasore
n’inkumi basubiramo indirimbo z’abahanzi n’abandi batandukanye.
Nyuma bakurikiwe na Lilian Mbabazi
wari ukumbuwe mu buryo bukomeye. Uyu mugore yageze ku rubyiniro saa 21: 59
avuga ko yishimiye kugaruka i Kigali.
Yari yizihiwe. Avuga ko hari hashize
igihe adataramira mu Rwanda. Ati “Kigali mumeze gute. Ntewe ishema no kuba
ngiye kubataramira. Muriteguye?", abitabiriye igitaramo bati 'yego', nawe ati 'birashimishije'.
Uyu muhanzikazi yahereye ku ndirimbo
ze zirimo ‘Danger (Love Letter)’, 'This love', ‘Vitamin’ n’izindi. Yanyuzagamo
akabaza abakunzi be niba bameze neza.
Asoze kuririmba izi ndirimbo, yavuze ko
muri iki gitaramo harimo Nyina, abavandimwe be n’abandi.
Yahise akomereza ku ndirimbo 'Guluma'
yakoranye na Jules Sentore. Ni imwe mu ndirimbo zakomeje izina ry'aba bombi.
Mu rwego rwo kunamira umugabo we
Radio babyaranye, Lilian yaririmbye indirimbo yanditswe na Radio iri mu rurimi
rw’ikigande, ndetse avuga ko imwibutsa byinshi.
Yanaririmbye indirimbo ‘Ndabivuze’
yakorewe na Pastor P mu 2017. Yavuze ko Pastor P ari Producer wihariye
wamukoreye indirimbo nziza ‘nk’iyi’.
Iri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ndetse
avuga ko iyo ayiririmba imwibutsa byinshi nk’Umunyarwanda.
Lilian yongeye kunamira Radio ubwo
yaririmbaga indirimbo yakoreye umwana babyaranye. Avuga ko uyu mwana ari
umunezero w’ubuzima bwe.
Avuga ko mu 2010 ari bwo yatangiye
urugendo rwo kuba umubyeyi, abwira abari mu gitaramo basanzwe ari ababyeyi ko
bumva neza icyo ari kuvuga.
Ati “Inseko ye [Umwana we] ivuze
byinshi kuri njye.”
Mu rwego rwo kwimara urukumbuzi rw’umugabo
we, yaririmbye indirimbo ‘Nyumbani’ n’izindi. Anaririmba zimwe mu ndirimbo z’itsinda
Blue 3 yanyuzemo nka ‘Where you are’ n’izindi.
Uyu muhanzikazi yavuye ku rubyiniro
yishimiwe mu buryo bukomeye, yakirwa na Slai wamamaye mu ndirimbo ziri mu
rurimi rw’Igifaransa.
Uyu muhanzi wo mu Bufaransa yageze ku
rubyiniro saa 23:09’ abaza abanya-Kigali niba biteguye kubyinana nawe. Ati “Ndabasuhuje
mwese mumeze neza, muriteguye kubyinana nanjye.”
Yahise yanzika mu ndirimbo zirimo nka
‘La dernière danse’, ‘Ce soir’ n’izindi.
Uyu muhanzi yaririmbye acurangiwe n’abarimo itsinda rya Symphony Band. Akomeza gushimisha abanya-Kigali kugeza ku ndirimbo ‘Flamme’ yabaye idarapo ry’umuziki we.
Bigeze mu gitaramo hagati, yavuze ko
urukundo Abanyarwanda bamukunda rutuma atekereza guhora ahakorera igitaramo,
yizeza kongera guhataramira.
Yanavuze ko kuri we, abona akwiye
gufata igihe cyo kuruhukira mu Rwanda. Ati “Ndatekereza hagati yanjye n'Abanyarwanda
harimo urukundo. Nkwiye gufata igihe cyo kuruhukira mu Rwanda, kandi nzongera
kuhataramira.”
Uyu muhanzi yavuye ku rubyiniro saa 23: 58 ashima uko yakiriwe, ariko abafana n’abakunzi b’umuziki ntibifuzaga ko asoza. Ni ku nshuro ya kane, yari ataramiye i Kigali.
Kanda hano urebe amafoto menshi
Slai yaririmbye avuga ko afitanye urukundo rudasanzwe n'Abanyarwanda
Uyu muhanzi ni ku nshuro ya kane ataramiye i Kigali, kubera igikundiro
Hamwe na Amstel ubasha kuganira n'abo wasize mu rugo, ukanyurwa n'umuziki
Slai yabyinishije Munganyinka Liliane
Umwe mu bacuranzi b'ingoma bakomeye muri Neptunez Band
Slai yifashishije abaririmbyi na Neptunez Band bamufasha kuririmba nyinshi mu ndirimbo ze
Icyo kurya no kunywa byari byateguwe ku bwinshi
Abakobwa bashinzwe 'Protocol'
bakiraga abanjira muri iki gitaramo
Abantu babyinnye karahava muri iki gitaramo cyabinjije muri weekend yo kwibohora
Umuririmbyi wo muri Neptune wanyuze benshi muri iki gitaramo
Yafataga amashusho y'iki gitaramo kugira ngo asigarane urwibutso
Umubyeyi wa Lilian Mbabazi. Umukobwa we wamushimiye ku bwo kumuba hafi mu rugendo rw'ubuzima bwe
Roberto uri mu bagize itsinda
Neptunez Dj ryavanze umuziki w'indirimbo z'Igifaransa
Lilian Mbabazi yasabye abari mu
gitaramo kumufasha kwibuka Radio
Umuhanzikazi Alyn Sano ukunzwe mu ndirimbo 'Fake Gee' yari muri iki gitaramo
Abasore bashinzwe umutekano baganiraga buri wese abaza undi niba aho aherereye bimeze neza
Abakunda umuziki w'indirimbo zubakiye ku Gifaransa, wari umwanya wabo
Lilian Mbabazi yagiye asaba abakunzi be gufatanya nawe bakaririmba
Mbabazi yageze ku ndirimbo yo kunamira umugabo we, yifashisha umubyinnyi
Mbabazi yavuze ko Radio yamubereye urufatiro rw'umuziki we
Uruganda rwa Bralirwa binyuze mu
kinyobwa cya Miitzi, abitabiriye iki gitaramo batsiritse icyaka
Aho wabaga uri hose, icyo kunywa
cyakugeragaho
Abasore bafatanyije gukata umuziki
biratinda...
Etienne wo muri Symphony Band ari mu bacurangiye Slai i Kigali
Byageze aho Lilian Mbabazi asanganira abafana mu byicaro
Yavuze ko ari ishema kuri we kongera gutumirwa muri Kigali Jazz Junction, anashimira Amstel
Umuziki wo mu rurimi rw'Icyongereza
n'Igifaransa wamukoze ku mutima
Producer Pastor P wakoze indirimbo 'Ndabivuze' ya Lilian Mbabazi
AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO