RFL
Kigali

RFL yahuguye abanyamakuru 40 kuri serivisi itanga, biyemeza kuyibera umuranga-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/07/2022 14:06
0


Laboratwari y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFL), yahuguye abanyamakuru 40 bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda ku bijyanye na serivisi zitandukanye itanga.



Kuva ku wa 27 Nyakanga kugeza ku 30 Kamena 2022, abanyamakuru batandukanye bari mu Karere ka Musanze kuri Classic Hotel aho bahuguwe mu gihe cy’iminsi ine, ku mikorere ya RFL na serivisi itanga zifasha abaturage mu butabera.

Aya mahugurwa yaranzwe n’ibiganiro byatanzwe n’abahanga bakuriye amashami atandukanye muri RFL atanga serivisi, abanyamakuru bagahabwa umwanya wo kubaza n’ibindi.

Bahuguwe kuri serivisi zirimo iya ADN, iyo gupima inyandiko mpimbano (questioned documents and fingerprints service), gupima ibijyanye n’imbunda n’amasasu (ballistics and toolmarks), iyo gupima ibimenyetso by’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga (digital forensics), ijyanye no gukora autopsies (kureba icyishe umuntu) n’izindi.

Hagarutswe kandi ku bwiyongere bw’abagana RFL, iterambere mu bikoresho, kwiga kw’abakozi ndetse no gushaka ubuziranenge bwo ku rwego Mpuzamahanga (standardization and accreditation) n’ibindi.

Asoza aya mahugurwa, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Forensic Laboratory, Dr Charles Karangwa yavuze ko nta gushidikanya ko yagiriye akamaro abanyamakuru ndetse na RFL muri rusange.

Ati “Sinshidikanya neza ko aya mahugurwa atabagiriye akamaro, natwe kandi yatugiriye akamaro. Mwatanze ibitekerezo byiza, byubaka, kandi mubaza n’ibibazo byiza bifasha gusobanukirwa neza serivisi zitangwa n’ikigo cya Rwanda Forensic Laboratory.”

Akomeza ati “Nizera ntashidikanya ko bizabafasha mu kazi kanyu ka minsi yose, kandi natwe bikadufasha uko tuzagenda inzira imwe dusobanurira abaturage, abatugana, serivisi zitangwa muri RFL.”

Uyu muyobozi yavuze ko mu minsi iri imbere iki kigo gifite gahunda nyinshi, ari nayo mpamvu bahuguye abanyamakuru kugira ngo bazabafashe nk’ijwi rya rubanda mu kumvikanisha serivisi batanga n’ibindi.

Dr Karangwa avuga ko amahugurwa nk’aya azakomeza, kandi ashyirwemo imbaraga ‘nk’uko mwabisabye’ kugira ngo habashe ‘gutegura neza umunyamakuru uzaba ari umunyamakuru w’umwuga (Forensic Journalist).

Yavuze ko gukomeza gukorana n’itangazamakuru bizabafasha kugera ku baturage, yaba abo mu Rwanda n’abo mu mahanga, abasaba gukomeza kubera RFL ba Ambasaderi beza.

Ati “Twifuza ko mwakomeza kutubera ijisho rya rubanda, mukatubera umuvugizi mwiza cyangwa se Ambasaderi mwiza.”

Kayihura Emma Sabine Iradukunda wa Voice of Africa yabwiye INYARWANDA ko mu gihe cy’iminsi ine yari amaze muri aya mahugurwa, yamenye mu buryo burambuye serivise zitangwa n’iki kigo kandi bizamufasha mu kazi ke ka buri munsi no gusobanurira abaturage.

Ati “Icyo nungutse nk'umunyamakuru ufite mu nshingano gusobanurira abaturage imikorere y'ibigo na serivise bitanga, nasobanukiwe byuzuye serivise zitangwa na Rwanda Forensic Laboratory, igihe zikenererwa, ndetse no kumenya ko iki kigo atari urwego rw'ubugenzacyaha ngo kibe cyafata iya mbere mu gutabara ahari ikibazo n'iyo cyaba cyihutirwa mu kugishakira umuti.”

Akomeza ati “Ibyo rero bizamfasha mu gusobanurira abaturarwanda batari bafite amakuru kuri iki kigo, ibizatuma bacyigana bazi neza uko gikora.

Abanyamakuru basabye ko habaho kwifashisha bamwe mu banyamakuru bagakorana na RFL mu bikorwa bigamije kumenya serivisi z’iki kigo.

Basabye kandi RFL gushyira muri buri karere ishami ry’iki kigo rizajya rifasha mu gukusanya ibimenyetso bityo bikorohera abaturage mu kubona ibimenyetso byifashishwa mu butabera, hagashyirwaho kandi imirongo ya telephone izajya ifasha abaturage guhamagara.

Kamena 2021- Gicurasi 2022 hamaze gukorwa ibizamini byo gupima abitabye Imana (Autoposy) bigera kuri 960; kuva muri 2018-2019 hasuzumwe inyandiko mpimbano 221 ni mu gihe mu 2018-2020 hasuzumwe inyandiko 192.

Imyaka 16 irashize hatangiye gutangwa ibijyanye n’ibimenyetso byifashishwa mu Butabera mu Rwanda.

Mu 2005, nibwo hatangijwe Kigali Forensic Laboratory (KFL) bigizwemo uruhare na Polisi y’u Rwanda. Mu 2016, hatangizwa Laboratwari y’Ibimenyetso hashingiwe ku itegeko No 4/2016 ryo ku wa 15/10/2016.

Mu 2018, RFL yahawe ubuyobozi itangira gukora. Intego y’iki kigo ni ugutanga serivisi zinoze mu bijyanye n’ibimenyetso bya gihanga ‘yaba imbere mu gihugu no hanze’, ku muntu ku giti cye cyangwa se ikigo.

Iki kigo ubu gifite abakozi 84. Harimo batatu bafite PHD, 31 bafite Master’s, 2 bafite Diploma na 43 bafite Bachelors Degrees.

Miliyari 12 Frw zimaze gukoresha mu gukomeza kwagura iki kigo, ku buryo byitezwe ko umwaka utaha hazaba hamaze gukoreshwa nibura miliyari 19 Frw.

Mu kwagura serivisi zitangwa n’iki kigo, buri kwezi abakozi bacyo bajya i Rusizi mu Bitaro bya Gihungwe n’i Rubavu mu Bitaro bya Rubavu.

Ubu bamaze kugera kuri 40% y’abagana iki kigo bidasabye ko banyura ku nzego za Leta. Intego ihari ni uko abaturage bazajya bagana iki kigo nibura kuri 90%.

Imashini ziri muri iki kigo zifashishwa mu gukora ibizamini, zirimo izigura miliyoni 540.

Abanyamakuru 40 bakorera ibitangazamakuru bitandukanye bahawe impamyabushobozi ‘Certificate’ nyuma yo guhugurwa kuri serivisi zitangwa na RFL 

Kayihura Emma Sabine Iradukunda wa Voice Africa [Uri hagati] yavuze ko yasobanukiwe byimbitse na serivisi zitangwa na RFL n'ububasha ifite mu gufata ibimenyetso    

Uwimbabazi Eric washinze Ikinyamakuru 'Umurengenzi.com' [Uri hagati] ari mu bahuguwe na RFL 

Aime Gerard Ufitinema washinze ikinyamakuru 'Impuruza' yasabye ko RFL yarushaho kwegera abaturage 

Gaston Nirembere wa Televiziyo BTN yashyikirijwe 'Certificate' nyuma yo kumara iminsi ine ahugurwa 

Umunyamakuru w'Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru (RBA), Rwagasore Ruth yari amaze iminsi mu Karere ka Musanze mu mahugurwa yateguwe na RFL 

Umunyamakuru wa AHUPA Media, Ange Peace Niyonkuru ubwo yashyikirizwaga 'Certificate'


Dr Innocent Nkurunziza watanze ikiganiro ku bijyanye no gupima abitabye Imana (Autoposy) 

Umunyamategeko wa Laboratwari y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera RFL, SP Evariste N Saba 

Umuyobozi Ushinzwe Ireme rya serivisi zitangwa na RFL, Nkubito Sadiki yavuze ko hari ibigenderwaho mu gufata ibimenyetso no kubitangaza 

Umukozi Ushinzwe Itumanaho muri RFL, Peace Nzahoyankuye Nicodem yasabye abanyamakuru gufasha RFL gukomeza kwegera abaturage 

Dr Innocent Nkurunziza [Uri iburyo] ari kumwe na Ingabire Laurence Ushinzwe abakozi muri RFL [Uri ibumoso] nibo bashyikirizaga ‘Certificate’ abanyamakuru 

Ntireganya Daniel, Umukozi Ushinzwe Itumanaho n'Imitangire ya serivisi mu bitaro bya Kacyiru ari mu bahuguwe na RFL 

Umunyamakuru w'Ikinyamakuru Le Canape, Florent Ndutiye yasabye RFL kugira ishami muri buri Karere 


Umwanditsi w'ikinyamakuru Kigalitoday, Ruzindana Charles    

Abanyamakuru 40 bafashe ifoto y’urwibutso nyuma yo guhabwa ‘Certificate’







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND