RFL
Kigali

Ni ugusebanya- Dj Dizzo asubiza abamufashije kurangiriza ubuzima mu Rwanda basaba gusubizwa amafaranga nyuma yo kumenya ko yafungiwe gufata ku ngufu

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/07/2022 11:16
4


Umunyarwanda Mutambuka Derrick uzwi nka Dj Dizzo yakomanyije imitwe ya bamwe mu bantu bamufashije kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda, nyuma yo kumenya ko yafunzwe mu gihe cy’imyaka 9 n'amezi icyenda akurikiranweho gufata ku ngufu abagore.



Kuva kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, abakoresha imbuga nkoranyambaga bambariye kugaragaza ko uyu musore yisunze uburwayi bwa Cancer, ashyira mu mutaka icyaha cy’ihohoterwa yakoreye mu gihugu cy’u Bwongereza aho yari amaze imyaka 17.

Ikiganiro cyabereye kuri ‘Twitter Space’ cyahuje abantu ba hafi bo mu muryango wa Dizzo, n’abandi barimo abafashije uyu musore kubona amafaranga yo kugaruka mu Rwanda, ntibemeranyije ku buzima uyu musore yaciyemo.

Cyahawe umutwe ugira uti ‘We need our money back’ [Turashaka gusubizwa amafaranga yacu].

Ibi byose byaturutse ku nkuru zahererekanyijwe n’abantu zirimo izanditswe na The Chronicle Live, Daily Mail, The Independent n’izindi.

Ku wa 4 Kanama 2017, The Chronicle yanditse inkuru ivuga ko ‘Ufata ku ngufu [Derrick Mutambuka] yafunzwe imyaka icyenda n’amezi icyenda, nyuma yo kwibasira bikomeye umugore mu muhanda.

Muri iyi nkuru, umwe mu batangabuhamya yabwiye urukiko rwo mu Mujyi Sunderland City, ko mu ijoro ryo ku wa 19 Ukuboza 2015, Mutambuka yari mu kabyiniro anywa inzoga anabyina.

Ahagana saa cyenda n’iminota 15, asohoka asagarira umugore wari wenyine mu muhanda uzwi nka Hilton Road.

Icyo gihe, umunyamategeko we Ekwall Tiwana, yavuze ko ubwana bwa Dizzo butari bwiza bitewe n’aho yagiye anyura, kuva mu Rwanda kugeza mu Bwongereza. Avuga ko ibyaha umukiriya we ashinjwa ‘biremereye ariko nta bimenyetso bifatika bimushinja’.

Ku wa 5 Kanama 2017, Daily Mail iri mu binyamakuru bikomeye ku Isi, cyo cyanditse ko Mutambuka yafashe umugore ku ngufu amutera ibikomere 34.

Iki kinyamakuru gisobanura uko byagenze kugira ngo uyu musore atere ibikomere uyu mugore. Kivuga ko Mutambuka afite inkomoko mu Rwanda, kandi ko yatangiye gukora ibi byaha kuva tariki 20 Ukuboza 2015, ubwo yahuriraga n’uyu mugore ku muhanda.

Daily Mail inavuga ko abaharanira uburenganzira bw’abagore, basabye ko Mutambuka ahabwa igihano gikomeye, kuko abo yafashe ku ngufu yabasigiye ibikomere bidakira ku mutima.

Dj Dizzo yabwiye INYARWANDA ko ibivugwa ari ukubeshya. Ati “Muvandimwe ibi ni ugusebanya! Imyaka 9 se naba narafunzwe mfite imyaka ingahe.”

Yavuze ko atakomeza kwita ku biri kuvugwa, kuko bishobora kugabanya iminsi ye yo kubaho. Ati “Ibi bintu nabibonye byatesheje umutwe. Nshaka kuba nduhutse. Kuko indwara yajye nyivanze na 'stress' byanyica mu cyumweru kimwe.”

Ukoresha izina rya GoodFather kuri Twitter, watanze amadorali 80 yo gufasha Dj Dizzo ari nawe washyizeho Twitter Space, yavuze ati "Icyakurikireho navuze nti uyu muntu ni we cyangwa ni ukubeshya, baje kutwiba nk'uko byagenze kwa D'amour [Umukinnyi wa filime]."

"Erega umuntu ntabwo atinya ishyamba atinya icyo barihuriyemo nacyo. Muryango n'abantu bagiye kumufasha, uyu mwana mu by'ukuri mumuherekeje mukuri. Muri [….] mu by'ukuri mumuherekeje mu kinyoma."

‘Umwirabura’ yanditse agira ati “Yego yarakosheje kandi cyane, gusa kandi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza ni ukuri.”

Anonymus-Rwanda yanditse agira ati “Uyu se yaba ari Dj Dizzo cyangwa internet yaribeshye. Yahawe/yabwiwe ko asigaje iminsi 90 yo kubaho cyangwa yo kuba yavuye ku butaka bw’u Bwongereza. Ababizi batubwire.”

Amaburakindi ati “Ese wowe ushyigikiye abashaka ko basubizwa amafaranga yafashijwe Dj Dizzo cyangwa uri Contre yabo!?  Eh ko bikaze!”

Inyamamare Benedic ati “nyabusa nimube abantu, DJ Dizzo murumva abaye umwe muri twe yakwakira ate ayo magambo yanyu. Reka tuvuge ngo ibyo byaha yarabikoze, basi mwaretse tukibuka ko impyisi y'iwanyu basi ikurya ikurundarunda, basi tumurundarunde. Mbega isiiii”

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, nibwo Dj Dizzo yahagurutse mu Mujyi wa London mu Bwongereza afata indege ya Rwandair, agera mu Rwanda ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo ku wa Gatanu.

Uyu musore yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, ari kumwe na Se umubyara ndetse na murumuna we. Yakiriwe n’inshuti.

We n’umuryango we bahise bajya kuba mu nkengero z’ubusitani bwa Rugende, aho Se w’uyu musore yubatse inzu.

Icyo gihe yabwiye INYARWANDA ko akimara kumenya ko yarwaye cancer kandi bidashoboka ko yavugwa agakira, yasabye ababyeyi be kumufasha akarangiriza ubuzima bwe mu Rwanda.

Ati “Nabwiye Papa nti rero iwacu n’ubwo twahavuye hameze neza, ariko ubu ngubu haracyameze neza. […] N’ubu umbajije niba narafashe icyemezo cyiza cyo kuza mu Rwanda nakubwira ngo yego! Kubera ko gupfira mu mahanga, kuzana umurambo wawe […] Haba hari uburyo bubiri, ni ukugushyingura cyangwa se bakaguhamba hariya kandi kuzana umurambo birahenda cyane.”

Akomeza ati ‘Ndamubwira nti ndashaka gutaha mu Rwanda [Abwira Se] kuko mu Bwongereza nta kintu mpasigaje.”

-Soma inkuru ya The Chronicle Live

-Soma inkuru ya Daily Mail

-Soma inkuru ya The Independent
 

Abanyarwanda baba mu muhanga no hanze barasaba ko Dj Dizzo abasubiza miliyoni 9 Frw bakusanyije kugira ngo agaruke mu Rwanda 

Dizzo abaye yarahamijwe ibyaha byo gufata ku ngufu mu 2015, agakatirwa gufungwa imyaka 9- Byaba bivuze ko yagarutse mu Rwanda atarangije igifungo yahawe 

Dizzo bivugwa ko yafunzwe imyaka 9 ashinjwa ibyaha byo gufata ku ngufu abagore babiri ubwo yari akiri mu Bwongereza 

Dizzo yavuze ko ibiri kuvugwa ari ukubeshya, kandi ko atafata umwanya wo kubyitaho

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DJ DIZZO UBWO YARI AGARUTSE MU RWANDA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Adeline Rutaganira 1 year ago
    Imana izahana benshi zha dj yifitiye agahinda nibubabare ukamusonga lmana izaguhembe iryo shyari,ndamusabira kukira mwizina rya Yesu
  • The Streets 1 year ago
    Abanyanyarwanda turi abagome tujye tubyemera🤧
  • Hani1 year ago
    Nibamuhe amahoro
  • umutonisoso731 year ago
    Nibamureke iminsi ye yanyuma ayibemo mu Mahoro niba yarakoze ibyaha yarabihaniwe ikindi Kandi ayo mafranga ntawe yaje kuyakura mu mufuka niba ukunze umuntu mukunde nibye byose, Mwamukunze mu muha ayo mafranga ibyo byose byarabaye ntago yabikoze aruko abonye amafranga





Inyarwanda BACKGROUND