RFL
Kigali

Mwahesheje ishema igihugu! Perezida Kagame yashimye uruhare rwa buri wese mu kwakira neza CHOGM

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:26/06/2022 16:43
0


Perezida Paul Kagame yashimye buri wese wagize uruhare ubwo u Rwanda rwakiraga Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma Commonwealth izwi nka CHOGM.



Yabitangaje mu butumwa yanyujije kuri konti ya Twitter, kuri iki Cyumweru tariki 26 Kamena 2022.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ashima abagera ku 4000 ‘bifatanyije natwe muri #CHOGM2022’. Uhereye ku bayobozi bagenzi be.

Perezida Kagame yavuze ko “Byari ishema kubakira mwese [Abitabiriye iyi nama] mu Rwanda kugira ngo dushimangire ko twiyemeje guharanira ejo hazaza heza, hiyubashye ku baturage bo mu muryango wa Commonwealth’.

Yaboneyeho kwifuriza urugendo ‘rwiza’ abayobozi n’abandi batangiye gusubira mu bihugu byabo.

Umukuru w’Igihugu yashimye kandi abafashije mu migendekere myiza y’iyi nama, uhereye ku bashinzwe umutekano kugeza ku Abanyarwanda bitanze kugira ngo iyi nama igende neza.

Yanditse ati “Ndashimira abafashije mu gutegura iyi nama bose, abashinzwe umutekano barinze abantu bose, abakozi hirya no hino ahaberaga inama zitandukanye, hamwe n’Abanyarwanda bose bitanze kugira ngo #CHOGM2022 igende neza! Ndabashimiye cyane, mwahesheje ishema igihugu!”

Inama ya CHOGM yagombaga kubera i Kigali muri Kamena 2020, isubikwa inshuro ebyiri kubera icyorezo cya Covid-19.

Kuva u Rwanda rwakwemererwa kwakira iyi nama, rwatangiye imyiteguro irimo nko kubaka ibikorwaremezo birimo gusana imihanda, kubaka imihanda mishya, kuganira ku migendekere y’inama, gushyiraho hoteli zizakira abashyitsi, ubukangurambaga kuri iyi nama, gushishikariza abikorera kuyibyaza umusaruro, n’ibindi. Ni inama iri ku rwego rwo hejuru.

Iyi nama yabaye kuva ku wa 20 Kamena kugeza ku wa 25 Kamena 2022.

Commonwealth igizwe n’abaturage basaga miliyari 2.5. U Buhinde ni cyo gihugu gifite abaturage benshi mu bibarizwa muri uyu muryango, kuko gifite miliyari 1.4. 

Ni mu gihe Nauru ari cyo gihugu gifite abaturage bacye, kuko gifite abakabakaba ibihumbi 13.

Afurika ni wo mugabane ufite ibihugu byinshi muri Commonwealth, kuko harimo ibihugu 19.

Intego z’uyu muryango ni Iterambere, Demokarasi, n'Amahoro. U Rwanda rwinjiye muri uyu muryango mu 2009. 

Ku wa 25 Kamena 2022, nibwo inama ya CHOGM yaberaga mu Rwanda yasojwe  

Kuri ubu, Perezida Kagame yatangiye kuyobora Umuryango wa Commonwealth muri manda y'imyaka ibiri 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND