RFL
Kigali

Akantu ku kandi kuri Minisitiri Kamina Smith wo muri Jamaica uhabwa amahirwe yo kuba Umunyamabanga mushya wa Commonwealth mu matora ateganijwe i Kigali

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:23/06/2022 9:39
0


Minisitiri Kamina Johnson Smith inararibonye n’umuhanga mu mategeko ari mu bakandida biyamamariza kuba Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza, Commononwealth, mu matora ateganijwe i Kigali muri iki cyumweru cy’inama ya CHOGM2022.



Madamu Kamina Johnson Smith ni umunyamategeko w’umunyamwuga wakoze mu rukiko rwa Jamaica mu gihe kingana n’imyaka 15. Mu mwaka wa 2014 yafunguye ikompanyi ye y’abanyamategeko ahita anayibera Umuyobozi Mukuru.

Kuwa 07 Werurwe 2016 yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi bwambukiranya imipaka muri Jamaica.

Mu Ukuboza 2009 Johnson yagizwe Senateri wa Guverinoma naho mu wa 2012 aba umu Senateri utavuga rumwe na Guverinoma mu Nteko ya Sena. Yaje kugirwa Umuvugizi w’Uburezi n’Urubyiruko muri Gashyantare 2015.

Na none kandi inshingano ze nka Minisitiri zagize uruhare rukomeye  mu miyoborere, uburezi, ku rubyiruko kimwe n’uburinganire n’iterambere. Yabashije guhuza ibikorwa by’Inteko Ishingamategeko biganisha ku miyoborere myiza, agira uruhare mu iterambere ry’abakobwa batwita bakanibaruka inda imburagihe.

Johnson kandi yatumye amavugurura arebana n’ihohoterwa rikorerwa abari, abategarugori n’abana anatuma hashyirwaho uburyo buboneye bw’imibereho y’abasheshakanguhe n’abafite ubumuga.

Mu masomo Johnson afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu mategeko yakuye muri Kaminuza imwe yo mu murwa mukuru w’u Bwongereza London. Icyiciro cya kabiri cya Kaminuza yagisoreje mu ishami ry’Ubugeni muri West Indies.

Yagiye kandi akora amahugurwa atandukanye mu birebana n’amategeko mpuzamahamga, yanihuguye mu birebana na dipolomasi n’ibiganiro mpuza gahunda ya Kaminuza ya Harvard.

Siho honyine kuko yanize mu ishuri ry’Amategeko rya Norman Manley agasozanya amanota yo hejuru akambikwa umuhate akahagararira iri shuri mu marushanwa y’abanyamategeko yabereye muri Trinidad na Tobago muri Malysia.

Kubera amavugururwa kandi yagiye atuma abaho mu birebana n’Uburezi nka Minisitiri byatumye agirirwa icyizere cyo kuba umwe mu bajyanama b’umushinga ukomeye mu burezi bwa Jamaica uzwi na iLead Education naho urebana n’impindka mu burezi.

Yagize kandi uruhare mu ishyirwaho n’ishyirwamubikorwa ry’imishinga inyuranye mu gihugu imbere no hanze yacyo nk'uwo kurebera hamwe uburyo bw’ikoreshwa ry’amudasobwa n’amurandasi ku bana buboneye, mu ishyirwaho ry’ibigo by’amudasobwa hirya no hino n’ibindi.

Johnson ni umwe mu bahanga mu birebana n’ibiganiro mpaka. Mu gihe cy’icyorezo cya COVID19 yagize uruhare mu mibereho y’abari bageraniwe. 

Yavukiye mu gace ka St Andrew muri Jamaica, arubatse akunda gusoma, gukina, kubyina no gukora yoga.

Minisitiri Johnson ahamanya n’umutima ko iminsi myiza y’igihugu cya Jamaica iri bugufi kandi ko azagira uruhare mu gutuma iki gihugu kiyigeramo.

Yatanze kandidatire ye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Commonwealth muri London akaba ari no mu bahabwa amahirwe yo kuba yasimbura Madamu Patricia Scotland Umunyamabanga Mukuru w'uyu muryango.

Amahirwe ya Johnson ashingiye ku kuba kugeza ubu Patricia akomeza kugeza ashinjwa ibirego byo gukoresha umutungo w’uyu muryango nubwo bwose, gusa ibi birego yakomeje kubihakana.

Patricia nawe ari kwiyamamariza kongera kuba Umunyamabanga w'uyu muryango mu matora agomba kubera i Kigali muri iki cyumweru. Bitewe n’icyorezo manda ya mbere ya Patricia yyabaye ndende iba imyaka 6 aho kuba imyaka 4, gusa aracyemerewe kwiyamamariza iya kabiri y’imyaka 4.

Minisitiri Johonson Smith ni Umukandida ku mwanya w'Umunyamabanga Mukuru wa Commononwealth

Ari mu bashyitsi bitabiriye inama ya CHOGM2022 ishobora no gusiga imugize Umunyamabanga mushya wa Commonwealth

Ni inararibonye n'intiti mu by'amategeko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND