Kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Adrien Misigaro ari mu Rwanda mu myiteguro yo gukora igitaramo “Each one reach one live Concert” yahurijemo abaramyi bakomeye.
Iki gitaramo kizaba ku wa 3 Nyakanga
2022. Byari biteganyijwe ko kizabera kuri Canal Olympia, ariko birashoboka ko
kizabera mu Intare Conference Arena cyangwa se muri Kigali Conference
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Gitegurwa na Melody of New Hope.
Cyagombaga kuba bwa mbere ku wa 8 Werurwe 2020, gisubikwa kubera icyorezo cya
Covid-19 cyari cyakajije umurego.
Ku wa 28 Gicurasi 2022, nibwo Adrien
Misigaro na Gentil Misigaro batangaje ko basubukuye iki gitaramo nyuma y’uko
Covid-19 igenjeje macye.
Aba bahanzi bahise batangira gukora
imyiteguro, bavugana n’abahanzi bo mu Rwanda bazabafasha muri iki gitaramo n’abandi.
Adrien Misigaro yabwiye INYARWANDA ko
kuwa Gatanu yaje mu Rwanda ari kumwe n’ikipe izamufasha mu muziki, ariko ko
atazanye na Gentil Misigaro bari gukorana iki gitaramo.
Uyu muhanzi ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko ‘hari impamvu z’umuryango’
zatumye Gentil Misigaro ataza kwifatanya nawe muri iki gitaramo cyo kuramya no
guhimbaza Imana.
Adrien yavuze ko n’ubwo bimeze gutyo
akomeje imyiteguro y’iki gitaramo, kandi ko abahanzi bazakorana nawe muri iki
gitaramo biteguye kunyura benshi.
Yavuze ko yatumiye Israel Mbonyi,
James na Daniella, Serge Iyamuremye na Papy Claver. Ati “Aba bahanzi bose
bamaze kwemeza kwifatanya nanjye mu gitaramo.”
Adrien Misigaro yatumbagirijwe
ubwamamare n'indirimbo "Ntacyo nzaba" yakoranye na Meddy, na
"Nkwite nde" yakoranye na The Ben yakunzwe cyane mu Rwanda no hanze.
Ubu akunzwe cyane mu ndirimbo "Nyibutsa" Ft Miss Dusa,
"Nzagerayo" n'izindi.
Mu 2020, Adrien Misigaro yabwiye INYARWANDA
ko igitaramo ‘The Each One Reach One Concert’, kiri mu murongo wo kwishimira
ibikorwa itsinda yatangije rya Melody of New Hope rimaze gukora mu gihe rimaze
rishinzwe.
Adrien Misigaro yatangaje ko mugenzi we Gentil Misigaro atazaboneka muri iki gitaramo kubera 'impamvu z'umuryango'
Mu 2019, Gentil Misigaro yahembuye benshi mu gitaramo yakoreye mu Rwanda nyuma y'imyaka 15
Muri Werurwe 2020, nibwo Gentil na Adrien bagombaga gukora iki gitaramo ku nshuro ya mbere gisubikwa kubera Covid-19
Igitaramo 'Each One Reach One Live
Concert' cyizaba ku wa 3 Nyakanga 2022
TANGA IGITECYEREZO