RFL
Kigali

Rwamagana City yatsinze Interforce FC ibitego 2-0 irunguruka mu cyiciro cya mbere

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:22/06/2022 22:47
0


Ibitego bya Mbanza Joshua na Jean Pierre, bifashije Rwamagana City gutera akaguru kamwe mu cyiciro cya mbere cy'umwaka utaha.



Umukino ubanza wa 1/2 cya shampiyona y'icyiciro cya kabiri, usize Rwamagana City itsinze Interforce FC ibitego 2-0. Umukino watangiye ku isaha ya saa 14:00 ziburaho iminota ibiri, utangizwa n'ikipe ya Rwamagana City yari yatezwe imitego iyisezerera ku maherere.

Amakipe yombi yatangiye ashaka ibitego, Interforce FC yashakaga gutsinda igitego hakiri kare ngo bitazaba nk'ibyabaye kuri As Muhanga nayo yari yabanje gukina umukino ubanza i Rwamagana. Mbanza Joshua byari byavuzwe ko yakinnye umukino wa As Muhanga afite ikarita 3 z'umuhondo, ndetse bigatuma aba imbarutso y'ikibazo cyatumye uyu mukino utinda, niwe watsinze igitego cya mbere cya Rwamagana ku munota wa 37 ndetse igice cya mbere kirangira Rwamagana iyoboye.

Mu gice cya kabiri Interforce FC yaje mu kibuga ishaka kwishyura ndetse no kurenzaho, ariko umunyezamu wa Rwamagana City ayibera ibamba.  Ku munota wa 75 Jean Pierre bakunze kwita Kavumbagu yaje gutsinda igitego cya 2 cyaciye intege ikipe ya Interforce FC, bituma umukino urangira ari ibitego 2 bya Rwamagana City ku busa bwa Interforce FC.

Umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 27 Kamena kuri sitade ya Kicukiro, ari naho Interforce FC isanzwe yakirira. Ikipe izatambuka hagati y'aya makipe, izahura na Sunrise FC ku mukino wa nyuma uzaba tariki 29 Kamena kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.


Rwamagana City iheruka mu cyiciro cya mbere mu
 mwaka w'imikino 2015/16 ubwo yamanukanaga na As Muhanga, kuva ubwo ikaba itaragaruka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND