RFL
Kigali

Peace Cup: APR FC igeze ku mukino wa nyuma itsinze Rayon Sports ibitego 2-1

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:19/05/2022 17:26
0


Ibitego 2-1 byari bihagije ngo APR FC ibone tike y’umukino wa nyuma isezereye Rayon Sports aho ubu izahura na As Kigali ifite igikombe giheruka.



APR FC nk’ikipe yari yakiriye umukino yinjiye mu kibuga ifite inyota y’igitego ndetse yataka cyane icyo umuntu yakwita isomo yakuye ku mukino waherukaga kuyihuza na Kiyovu yaje mu mukino ishaka gutsinda APR FC hakiri kare. Nshuri Innocent wagaragaje imbaraga muri iyi mikino yaje guhusha uburyo bwiza ku munota wa 5 byacaga amarenga ko bitaza korohera Rayon.

Umutoza wa APR FC Adil yari yakoze impinduka aho Nshuti Innocent yari yinjiye mu kibuga asimbuye Djaberi Manishimwe wari wavuye mu kibuga atishimye mu mukino ubanza.

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga:

Ishimwe Pierre

Niyomugabo Claude

Nsabimana Aimable

Buregeya Prince

Fitina Ombolenga

Ruboneka Jean Bosco

Mugisha Bonheur

Nshuti Innocent

Kwitonda Alain Bacca

Bizimana Yannick

Mugisha Gilbert

Ku mupira w’umuterekano wari uturutse ibiryo ba myugariro ba Rayon Sports bananiwe kuwukuraho usanga Nshuti Innocent wahise aterekaho umutwe igitego cya mbere kiba kirinjiye. Nyuma y’uyu mukino byari bisobanuye ko aya makipe atakigiye muri penaliti ndetse Rayon Sports isabwa igitego ngo igaruke mu mukino.

Ku ruhande rwa Rayon Siports Andre Onana ntabwo yagaragaye mu kibuga kubera ikibazo yagize ku mukino ubanza  ava mu kibuga mu gice cya mbere. Rudasingwa Prince niwe wari wamufatiye umwanya.

Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga

Kwizera Olivier

Muhire Kevin

Iranzi Jean Claude

Nishimwe Blaise

Musa Esenu

Ndizeye Samuel

Mael Dindjeke

Rudasingwa Prince

Nizigiyimana Kharim Mackenzie

Niyigena Clement

Mugisha Francois "Master"

Byakomeje kugora abakinnyi barimo Mael Dindjeke ndetse na Rudasingwa kuko wabonaga batamenyeranye ndetse bagowe na ba myugariro ba APR FC. APR FC nayo nyuma yo gutsinda igitego yatangiye koroshya byatumye itangira gusatirwa. Igice cya mbere cyenda kurangira, Mael Dindjeke yaje gukorerwa ikosa mu rubuga rw’amahina, iryo kosa rikaba ryaje kubyara penaliti yinjijwe neza na Muhire Kevin, imibare ihita ihinduka mibisi. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ndetse Rayo Sports ariyo iri ku mukino wa nyuma.

Umukino waranzwe n'ihangana ridakaze

Igice cya kabiri kigitangira APR FC yakoze impinduka, Bizimana Yannick ava mu kibuga hinjira Mugunga Yves. Nk'uko byari byagenze mu gice cya mbere, APR FC yongeye gutanga Rayon Sports mu mukino, ihita itsinda igitego ku munota wa 47 gitsinzwe na Aimable Nsabimana. Rayon sports yahise isa nk’iyihebye kuko imbaraga zishyura zinayigarura mu mukino zari hasi. APR FC yongeye gusimbuza ikuramo Mugisha na Kitonda Alain hinjira Byiringiro Lauge na Ishimwe Anicet. Amakipe yakomeje gukinira mu kibuga hagati, ari na ko Rayon sports icungira ku mipira y’imiterekano.

Ku munota wa 70 Mael Dindjeke yaje guhusha igitego ku mupira yigaramye ariko umunyezamu Ishimwe awufata neza cyane. Nyuma y’iminota ine gusa Mugisha Francois "Master" yaje guhabwa ikarita y’umuhondo ku ikosa yari akoreye Ruboneka Jean Bosco.

Ku munota wa 80 Rayon sports yakoze impinduka Muhire Kevin ava mu kibuga hinjira Kwizera Pierre ndetse Mael Dindjeke asimburwa na Sanogo. Rayon yashakaga igitego cyo kwishyura, yaje kugera imbere y’izamu Ishimwe Kevin wari winjiye mu kibuga asimbuye atera umupira ukubita igiti cy’izamu twavuga ko ari nabwo buryo bwa nyuma Rayon sports yari ibonye.

Iminota 90 y’umukino yaje kurangira umusifuzi yongeraho iminota 5 nayo itagize icyo itanga, APR FC igera ku mukino wa nyuma itsinze Rayon sports ibitego 2-1 mu mukino ubanza n’uwo kwishyura. APR FC izahurira ku mukino wa nyuma na As Kigali yageze ku mukino wa nyuma kuri uyu wa gatatu itsinze Police fc ibitego 3-2 mu mikino yombi. 

Rayon Sports umwaka wongeye kurangira nta gikombe yegukanye





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND