RFL
Kigali

Yabwiwe ko asigaje iminsi 90 yo kubaho! Dj Dizzo urwaye ‘Cancer’ ubarizwa mu Bwongereza yasabye gufashwa akagaruka mu Rwanda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/05/2022 16:45
6


Mutambuka Derrick [Dj Dizzo] ufite ubuhanga mu kuvanga imiziki ubarizwa mu Bwongereza, yabwiwe n’abaganga ko ‘Cancer’ arwaye yamaze kumurenga umubiri wose ku buryo itabasha gukira, bamubwira ko asigaje iminsi 90 yo kubaho.



Mutambuka Remy, umubyeyi wa Dizzo uri mu Mujyi wa London yabwiye INYARWANDA ko bashyizeho uburyo bwa GoFundMe bwo gukusanya inkunga y’amafaranga kugira ngo Dizzo abashe kumara iminsi ye ya nyuma y’ubuzima ari mu gihugu cye cy’amavuko, u Rwanda.

Uyu mubyeyi yavuze ko umwana we yaranzwe no gukomera mu burwayi bwe. Ashima abanyarwanda batuye mu Bwongereza n’Abanyarwanda bari mu Rwanda bakomeje kuba hafi umuryango we kuva mu mwaka w’2018 umwana we yamenya ko arwaye Cancer.

Mutambuka yakomeje abwira INYARWANDA ko mu Cyumweru gishize umwana we yagiye kwa muganga bamuha imiti igabanya uburibwe (Pain Killer), kuko yari amerewe nabi, kuva ubwo bagirwa inama n’Abanyarwanda batuye mu Bwongereza yo gushaka uko bataha mu Rwanda.

Yavuze ko umwana we aryama gusa atabasha kwicara. Kandi ko hakenewe amafaranga ari hagati ya 800$ na 1200$.

Akavuga ko umwana we abashije kugera mu Rwanda, nawe yagaruka mu Rwanda yitwaje n’imiti yahabwa n’abaganga azakoresha mu gihe cy’amezi atatu asigaye.

‘Cancer’ yageze mu bihaha, ku mwijima no ku magufwa ari hejuru y’ikibuno.

Hari kopi y’isuzuma ryakozwe n’umwe mu baganga bakurikiranye na Dj Dizzo, avuga mo ko iyi ‘cancer’ yihuse cyane mu mubiri w’uyu musore ku buryo bitorohereye abaganga kuyivura.

Mu butumwa yashyize kuri GoFundMe, Dizzo yavuze ko yabwiwe n’abaganga ko asigaranye iminsi 90. Avuga ko uburyo abantu bakomeje kumwitaho ari kimwe mu bikomeza intekerezo ze.

Uyu musore yavuze ko icyifuzo afite ariko ‘napfira mu gihugu navukiyemo’. Ati “Icya nyuma nasaba, ni ukumara iminsi yanjye ya nyuma y’ubuzima mu Rwanda.’

Dizzo yavuze ko mu 2018 ubwo yari afite imyaka 19 y’amavuko ari bwo yamenye ko afite ‘cancer’ yo mu muhogo, ahabwa ubuvuzi bushoboka nyuma y’amezi atatu asubira mu buzima busanzwe ‘mfite icyizere cy’uko nakize ‘cancer’.

Muri Mata 2021, mu gihe cya Covid-19, yatangiye kumva uburibwe ku nda. Mu Ukuboza 2021, bamukorera isuzuma basanga yafashwe na 'Cancer' ku magufwa ari hejuru y’ikibuno ateye mu buryo bumeze nka ‘vola’ y’imodoka [Niko amagufwa ameze].

Uyu musore yavuze ko ku myaka 23 y’amavuko ‘ubuzima bwe bumeze nk’aho burangiriye aha’. Avuga ko icyifuzo afite ari uko yapfira mu Rwanda.

Yashimye inshuti ze, umuryango we n’abandi bakomeje kumufasha kunyura mu buribwe. Ati “Ndabashimira cyane mbasaba kumfasha kazishimira iminsi yanye ya nyuma y’ubuzima mu Rwanda’.

Mu mezi ashize Dizzo yabwiye INYARWANDA ko yatangiye ibyo kuvanga imiziki mu 2015 ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko. Icyo gihe ariko nta bikoresho n’ubumenyi yari afite kuri uyu mwuga.

Byamusabye kubanza gushaka ibikoresho no gusoza amasomo y’ishuri kugira ngo yinjire mu kibuga azi ibyo agikora gukora.

Yatangiye akora ‘mixtape’ y’indirimbo z’umuhanzikazi Ciney, ‘mixtape’ yakubiyeho indirimbo zitandukanye, harimo n’iyo guha icyubahiro Jay Polly witabye Imana n’izindi.

KANDA HANO UBASHE GUFASHA DJ DIZZO KUGARUKA MU RWANDA    

Dj Dizzo yavuze ko abaganga bamubwiye ko ‘Cancer’ arwaye idashobora gukira 

Dizzo yavuze ko ashaka kumara iminsi ye ya nyuma y’ubuzima mu Rwanda, asaba gufashwa 

Dizzo yashimye buri wese uri kumwitaho muri iki gihe ari guca mu bihe bigoye mu buzima 

Dizzo afite imyaka 23 y’amavuko. Ubwo yari afite imyaka 19 nibwo yamenye ko arwaye ‘Cancer’






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • BIENAIME TURATSINZE1 year ago
    Umva mbabwire abaganga bamubwiyeko adashobora gukira aliko hejuru y'abaganga hari umuganga mukuru witwa YESU muvandi humura ntacyo uzaba nkwatuyeho gukira mu izina rya Yesu.
  • Gatare Teta1 year ago
    Nagera mu Rwanda muzatange izi number zanjye mujyane ahari Imana ishoborabyose,umuganga wabaganga bose,abasha gukiza indwara zose zananiranye ni ugusenga gusa nta frws atanga Kandi ntanimiti bamuha ahava yakize burundu 0788611666 cg muzatange iyi email yanjye. Murakoze
  • Getty Kalisa1 year ago
    Imana yo mwijuru ibasha kumukiza,kuko hari abantu benshi bakira cancer. Asengane na program yitwa Kanguka, azakira mwizina rya Yesu. Imana imworohereze ubwo bubabare mw'izina rya Yesu
  • Niyonkuru emelyne1 year ago
    Umva mubwire mumisi asigaje yugurure application ya kanguka ejo samedi bazosenga ayisengeremwo akire siko?ndabinginze muzoba mukoze
  • Clemence1 year ago
    Nanyuma ya zero irakora uzakira mu izina rya yezu
  • Josiane peace uwiduhaye1 year ago
    Muhungu wacu humura Imana yo mw'ijuru ishoboye byose mw'izina rya yesu uzakira, knd komeza kwihangana.





Inyarwanda BACKGROUND