RFL
Kigali

Andi mateka aranditswe: Mukansanga Salima agiye gusifura imikino y’igikombe cy’Isi

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:19/05/2022 15:17
0


FIFA yemeje ko umusifuzi w’Umunyarwanda Mukansanga Salima azasifura imikino y’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatal uyu mwaka.



Kuri iki gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryatangaje abasifuzi 36 bo mu kibuga hagati bazasifura imikino y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar kuva mu Ugushyingo uyu mwaka. Muri aba basifuzi hagaragaramo abasifuzi 3 b’abagore barimo umunyarwandakazi Mukansanga Salima ugiye kongera kwandika amateka.

Kuva iyi mikino y’igikombe cy’isi yatangira gukinwa kuva mu 1930, ni ubwa mbere iyi mikino igiye kuzagaragaramo abasifuzi b’abagore. Mukansanga Salima yemerewe gusifura iyi mikino nyuma y’andi mateka aheruka gukora mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yabaga umugore wa mbere usifuye imikino y’igikombe cya Afurika.

Nyuma yo gusifura igikombe cya Afurika, Mukansanga agiye gusifura n'imikino y'igikombe cy'Isi 

Si Mukansanga gusa ugiye gukora amateka yo gusifura igikombe cy’Isi, kuko yatoranyijwe ari kumwe na Stephanie Frappart ukomoka mu Bufaransa ndetse na Yoshimi Yamashita wo mu Buyapani. 

Frappart yakoze amateka atandukanye muri uyu mwaka harimo gusifura mu mikino ya UEFA Champions League y’abagabo, amajonjora y'imikino y’igikombe cy’Isi, ndetse muri uku kwezi anasifura umukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu cy’u Bufaransa. Yoshimi Yamashita ni umusifuzi w’umugore na we ukomoka mu Buyapani, akaba nawe yemerewe kuzasifura imikino y’igikombe cy’isi ntagisibya.

Stephanie Frappart na we azaba yitabiriye imikino y'igikombe cy'isi bwa mbere 

“Uyu mwaka intego tuyigezeho byadusabye imyaka myinshi kugira ngo igikombe cy’isi kizabonekemo abasifuzi b’abagore. Twagiye dukoresha aba basifuzi mu mikino y’abana bakiri bato, gusa kuri ubu bibaye ngombwa ko baza no mu irushanwa rikuru nyuma yaho tubonye ko abasifuzi b’abagore bari ku rwego dushaka.” Pierluigi Collina ukuriye Akanama k’Abasifuzi muri FIFA aganira n’itangazamakuru.

Igikombe cy’isi kigiye kuba ku nshuro ya 22 kikazabera muri Qatar uyu mwaka, kuva tariki 21 Ugushyingo kugera tariki 18 Ukuboza.


Yoshimi Yamashita ukomoka mu Buyapani nawe azaba ahabaye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND