Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2022, muri Kigali Arena harakomereza imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ku makipe 8 yabikoreye agomba guhatanira igikombe cy’uyu mwaka.
Kugeza
magingo aya REG BBC ihagarariye u Rwanda iri mu makipe ahabwa amahirwe yo
kwegukana iri rushanwa bigendanye n’uburyo yitwaye mu mikino y’ijonjora ryibanze
yabereye i Dakar muri Senegal, aho REG yayoboye amakipe yo mu gace ka Sahara
Conference.
Iri
rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya kabiri mu mateka yaryo rishobora
kuzagaragaramo impinduka zirimo no kwigaragaza kw’amakipe atandukanye atari
amenyerewe cyane muri Afurika nkuko byagaragaye mu mikino yabereye muri Senegal
mu mezi macye ashize.
Byitezwe
ko REG BBC izaba iri imbere y’abafana ndetse izaba iri mu rugo ishobora
kuzatungurana ikegukana iri rushanwa.
Imikino
ya nyuma ya BAL 2022 izaba hagati ya tariki ya 21-28 Gicurasi 2022, ikazabera
muri Kigali Arena.
Amakipe
ane ya mbere yavuye muri Nile Conference ni Zamalek (Misiri), Petro de Luanda
(Angola), Cape Town’s Tigers (Afurika y’Epfo) na FAP (Forces Armées et Police
Basketball) yo muri Cameron.
Andi
makipe ane yaboneye itike muri Sahara Conference ni REG BBC (Rwanda), US
Monastir (Tunisie), Seydou Lygacy Club (Guinée) na AS Salé (Maroc).
Irushanwa
rya BAL riheruka ryatwawe na Zamalek yo Misiri itsinze US Monastir Tunisia ku
mukino wa nyuma.
Uko
amakipe azatangira yesurana muri Kigali Arena:
Ku
wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2022:
AS
Sale (Maroc) vs Petro de Luanda (Angola) – Saa 14h30
F.A.P
(Cameroun) vs REG BBC (Rwanda) saa 16h00
REG BBC yitezweho gutungurana ikora amateka mu irushanwa ry'uyu mwaka
TANGA IGITECYEREZO