RFL
Kigali

Lt Gen Mubarak Muganga uyobora APR FC yasabye abakinnyi gushimisha abanyarwanda nk'uko ingabo z'u Rwanda zibikora

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:18/05/2022 10:12
1


Lt Gen Mubarak, Chairman wa APR FC ubwo yasuraga iyi kipe yasabye abakinnyi gushimisha abanyarwanda, nk'uko ingabo z'u Rwanda zibikora.



APR FC ikomeje urugamba rwo gukusanya ibikombe byose bikinwa hano mu Rwanda, yaba igikombe cy'Amahoro ndetse n'igikombe cya shampiyona. Ibi bikombe byose APR FC iracyafite amahirwe yo kubyegukana, kuko ubu ariyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 60, ndetse ikaba iri mu mikino ya 1/2 cy'igikombe cy'Amahoro aho kuri uyu wa kane izakira Rayon Sports.

Kuri uyu wa kabiri ubwo APR FC yari mu myitozo yitegura Rayon Sports, Chairman wayo Lt Gen Mubarak yasuye iyi kipe ayigenera n'ubutumwa bukubiyemo kubasaba intsinzi ndetse n'ibyishimo. Yagize ati "Turi kwitegura umukino wo kuri uyu wa Kane, dukeneye intsinzi kandi tuyibabonamo, mujye murebera no ku ngabo zacu ziri hirya no hino ku isi zirangwa n’intsinzi. Namwe rero muduhe intsinzi kuri uyu wa Kane, kuko nta gikombe na kimwe dushaka gutakaza mu nzira byose turabishaka.

Muri ikipe nziza y’Abanyarwanda batarangwamo abandi bantu, kandi nta bandi twifuza kuzazana muri iyi kipe kuko mwebwe mushoboye. Mufite barumuna banyu nabo bazaca hano, kuko nk’ikipe y’ingabo twifuza kubaha amahirwe yo kugaragaza impano zabo nk’abenegihugu. Ibi bizafasha abakinnyi kwiteza imbere mu buryo bwose, kandi ninawo murongo twihaye."

APR FC niyo kipe ibitse igikombe cya shampiyona 

APR FC igiye kwakira Rayon Sports mu mukino wa 1/2 wo kwishyura, aho umukino ubanza wari wabaye mu cyumweru gishize amakipe yombi yanganyije 0-0. Ikipe izakomeza kuri uyu wa Kane izahura ku mukino wa nyuma n'ikipe iri bukomeze kuri uyu wa 3 hagati ya Police FC na As Kigali.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dina Niyibizi1 year ago
    Afande,sigaho kubeshya abanyarwanda. Kandi utazarira uri umuntu twubaha.APR igeze mu marembera.Niba utarabimenya urebe biriya biciro by'agahimano n'ivangura mwakoze.Biriya bibatere kwigaya no kutigirira ikizere.





Inyarwanda BACKGROUND