RFL
Kigali

Menya impamvu ituma abagabo aribo bibagirwa cyane kurusha abagore

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:17/05/2022 13:37
1


Biratangaje kubona abagabo bibagirwa cyane kandi vuba kurusha abagore. Ibi ntabwo byari bizwi kuva cyera. Ibi bikaba bitangaje kubona abagabo bibagirwa cyane ari abafite imyaka hagati ya 30 na 60.



Mu bushakashatsi bwakorewe ku bagabo 100 n'abagore 100 bahawe igeragezwa rirebana no kwibuka mu gihe cy'iminota iri hagati y’ibiri, iminota 15 n'amasaha 24 nk’uko urubuga iol rubigaragaza.

Abagore bitabiriye iki kizamini wasangaga barusha abandi kwibuka gukora cyangwa gusubiza igeragezwa, ryari rikubiyemo ibyo bahawe gukora harimo no kuvuga ibizaba uhereye ku byahise. Abagore bakomeje kuba beza muri iki gikorwa kurenza abagabo kwibuka ibikorwa bifitanye isano n’ibyabaye mu gihe runaka.

Dr Liana Palermo wayoboye ubwo bushakashatsi, yasanze kandi aba bombi yaba abagore cyangwa abagabo, baragowe no kwibuka ibyabaye mu gihe cya kure cyangwa kirekire.

Ibikorwa byoroshye birimo nko kwibuka kugura ikintu runaka nyuma y’akazi cyangwa gutanga ubutumwa ku nshuti mu gihe runaka, ni ingero z’ubushobozi bw’umugore bwo kwibuka gukora ibintu bitandukanye.

Birazwi neza ko itandukaniro rihari ariko rishingiye ku gitsina muri ubu buryo bwo kwibuka, iri tandukaniro rishobora kuba rifitanye isano no kuba batandukanye ku misemburo cyangwa itandukaniro rikaba riri mu buryo bw’imiterere y'ubwonko bwa buri gitsina. Ubushakashatsi bwakozwe mbere bwerekanaga ikintu cya mbere gituma habaho itandukaniro ko ari imiterere y’ubwonko, kandi aribwo bw’ingenzi mu kwibuka.

           
                                Dr Liana Palermo 

Dr Palermo, Umushakashatsi wa Marie Curie, Ishuri ry'Ubuzima no kwita ku bantu yagize ati: “Usibye inshingano z'akazi, muri rusange abagore bafite inshingano nyinshi mu rugo. Ingaruka z'uru ruhare rw'imibereho mu buzima bwa buri munsi, nibwo butuma abagore bashobora ibijyanye no kwibuka ndetse n'ubuhanga bwo gutegura ibintu byinshi kurusha abagabo, bityo bakazamura imikorere yabo mu gutekereza no kwibuka.”

Umwanditsi: Iradukunda Olivier 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • placide nyonkuru1 year ago
    biterwaniki





Inyarwanda BACKGROUND