RFL
Kigali

Yari amaze umwaka adakinira Amavubi, u Rwanda rwari rwaraye rumutumyeho: Imyaka 10 irashize Patrick Mutesa Mafisango atabarutse

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:17/05/2022 10:37
0


Imyaka 10 irashize Patrick Mutesa Mafisango yitabye Imana, nyuma yo gukora impanuka y'imodoka mu gihugu cya Tanzania ari naho yakinaga.



Mu gitondo cya tariki 17 Gicurasi 2012, nibwo mu Rwanda hinjiye inkuru y'inshamugongo ko umukinnyi w'ikipe y'igihugu Amavubi, Mafisango Patrick yitabye Imana azize impanuka y'imodoka. Nk’uko byatangajwe n'uwari ushinzwe itumanaho mu ikipe ya Simba uyu mukinnyi yakiniraga, Mafisango ubwo yarimo gutaha ava mu kabyiniro ubwo byari murucyerera, yanze kugongana na Moto, ariko arimo agerageza kuyikatira imodoka yari atwaye irenga umuhanda, Mafisango u Rwanda rumubura uko.

Mafisango yanabaye kapiteni wa Amavubi 

Iyi nkuru yababaje abanyarwanda b'ingeri zose, umutoza wa Amavubi muri icyo gihe Micho wari umaze iminsi 3 ahamagaye uyu mukinnyi ngo aze gufasha u Rwanda mu gushaka tike y'igikombe cya Afurika cya 2013, ndetse no gushaka tike y'igikombe cy'Isi cyabereye muri Brazil mu 2014.

Misitiri w'umuco na Siporo muri icyo gihe Protais Mitali ,na we yashenguwe n'uru rupfu rwa Mafisango Patrick aho yavuze ko batunguwe n'urupfu rw'umusore wari wahamagawe mu mavubi akaba yitabye Imana atari anarwaye. Mafisango Patrick witabye Imana afite imyaka 32, yabaye ikitegererezo ku bakinnyi bamwe na bamwe bari bakiri bato nka Haruna Niyonzima, Mugiraneza Jean Baptiste wamurebereragaho kuko bakinaga ku mwanya umwe.

Mafisango ntazibagirana ku rukundo rw'ikipe y'igihugu Amavubi yagaragazaga, ishyaka mu kibuga, guhangana, no kutemera gutsindwa. Mafisango Patrick yibukirwa ku mukino Amavubi yatsinzwe na Cameroun mu 2006 ari bari bategetse gufata Samuel Eto'o

Amwe mu mateka ya Patrick Mutesa Mafisango

Amazina ye ni Patrick Mutesa Mafisango, yavukiye i Kinshasa kuwa 9 Werurwe 1980, akaba yari afite umugore n’abana babiri (2). Yari umukinnyi wo hagati ndetse iyo byabaga ngombwa yanifashishwaga mu bwugarizi mu makipe atandukanye aho yanyuze muri Congo Kinshasa, mu Rwanda, ndetse no muri Tanzania.

Imodoka nyakwigendera Patrick Mafisango yakoreyeho impanuka

Uyu mugabo wakundwaga cyane n’abanyarwanda kubera kwitanga byamurangaga mu ikipe y’igihugu byari byaranatumye bamuha akazina k’akabyiniriro ka ‘Patriote’, yapfiriye mu nzira ajyanwe kwa muganga mu bitaro bya Muhimbiri Government Hospital. Mafisango yapfuye nyuma y’umunsi umwe ahawe ubutumire yari amaze hafi umwaka adaheruka guhabwa mu ikipe y’igihugu, dore ko ku wa 14 Gicurasi 2012 yari yahamagawe mu Amavubi yagombaga gukina imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2013 n’icy’isi 2014.

Mafisango yabaye umukinnyi wa TP Mazembe, aza mu Rwanda mu ikipe ya APR FC mu mwaka w’2006, ayikinira umwaka umwe maze ahita yerekeza muri ATRACO FC mu 2007, yo ayikinira imyaka ibiri (2). Mafisango yagarutse muri APR FC mu mwaka wa 2009 ayikinira undi mwaka umwe, maze mu 2010 ahita yerekeza muri Tanzania mu ikipe ya Azam FC aho yakinnye umwaka umwe, maze mu 2011 ahita yerekeza muri Simba SC na yo yo muri icyo gihugu, aza gupfa atari yarangiza amasezerano y’imyaka 2 yari afitanye na yo.

Mafisango yari umunyarwanda ukomoka muri Congo Kinshasa, yakiniye Amavubi imikino igera kuri 23 ayatsindira ibitego 2 mu mikino mpuzamahanga itandukanye, irimo n’amajonjora y’igikombe cy’isi yakinnyemo imikino 10.


Nyakwigendera Patrick Mafisango

Igikombe cya nyuma yegukanye ni icya shampiyona yatwaye muri Simba SC mu 2012, yanaje ku mwanya wa 3 mu batsinze ibitego byinshi aho yatsinze ibitego 12. Umukino we wa nyuma mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ni uwo Amavubi yatsinzwemo n’Intamba mu rugamba, ikipe y’igihugu y’u Burundi ibitego 3-1, uwo mukino ukaba wari wabereye kuri Sitade ya Prince Louis Rwagasore i Bujumbura.

Mafisango Patrick yapfuye ari umukinnyi wa Simba SC 

Nyuma y’urupfu rwe, bamwe mu bafana ba Simba SC bafashe ibendera ry’ikipe yabo barimanika aho nyakwigendera yakoreye impanuka, mu rwego rwo kumwibuka no kuzirikana uburyo yababaniye. Abo bafana ni abasore babiri bitwa Ally Mohamed na Joseph Michael, bakaba baratangarije ikinyamakuru cyo muri Tanzaniya Championi ko babuze ubushobozi bwo kumanika umunara muremure bagahitamo kuhashyira ibendera nk’urwibutso rwa Mafisango. Iri bendera ryashyizwe ahitwa Chang’ombe mu mujyi wa Dar-es salam habereye impanuka y’imodoka yahitanye Mafisango Patrick.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND