Bwa mbere mu mateka ya Flambeau du Centre yegukanye igikombe cya shampiyona, itsinze Athletico Olympic bari bahanganiye igikombe, ibitego 2-1.
Mu
mpera z'icyumweru dushoje nibwo shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Burundi
yashyirwagaho akadomo, hakinwa umunsi wa 30 ari nawo wa nyuma wa shampiyona. Ni
umunsi wagiye gukinwa nta kipe iregukana igikombe cya shampiyona nyuma y’aho
amakipe nka Flambeau du Centre, Athletico Olympic na Bumamuru zose zari
zigifite amahirwe yo kwegukana shampiyona.
Bumamuru
ifite igikombe cy’igihugu giheruka, yaje gutakaza amahirwe yo kuba iya mbere nyuma yo gutsindwa na Le Messager Ngozi ibitego 2-1. Flambeau du Centre yasabwaga
gutsinda Athletico Olympic bari banakurikiranye ku rutonde rwa shampiyona, iza
no kubigeraho iyitsinda ibitego 2-1.
Indi
mikino uko yagenze
Flambeau
de L'Est 1-4 Kayanza United
Olympic
Star 1-0 Aigle Noir CS
Rukinzo
FC 1-3 Dynamik
Les
Crocos FC 1-0 Royal FC
Top
Junior 3-2 Vital'O FC
Bujumbura
City 1-2 Musongati FC.
Flambeau
du Centre yegukanye igikombe cya shampiyona ifite amanota 53, ikurikirwa na
Athletico Olympic ifite amanota 52, naho Bumamuru iba iya gatatu n'amanota 51.
Le
Crocos, Flambeau de L'Est na Royal Muramvya zamanutse mu cyiciro cya kabiri, aho
Les Crocos FC yari ifite amanota 24 Flambeau 23 na Royal yari ifite amanota 22.
Abakinnyi bafite ibitego byinshi: MULANGIRA Rameres ukinira ikipe ya TOP JUNIOR
niwe wa mbere, aho yashoje afite ibitego 15 na KANIANGA Patrick ukinira BUMAMURU
nawe akaba afite ibitego 15
Flambeau du Centre yegukanye igikombe cyayo cya mbere cya shampiyona
Le Messager Ngozi yari ifite ibikombe 2 bya shampiyona biheruka, yashoje ku mwanya wa 7
TANGA IGITECYEREZO