RFL
Kigali

Musanze: Imitegurire mibi y’igitaramo Summer Fever yatumye gihindurirwa izina kigitangira benshi barinuba

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:15/05/2022 22:37
0


Igitaramo cyari giteganijwe gutangira saa kumi n'ebyiri z’umugoroba cyatangiye saa yine z'ijoro gihinduka Silent Disco, hakoreshwa Ecouteur bituma abacyitabiriye batanyurwa n’uburyo bw’umuziki bari baje kureba.



Mu masaha y'igicamunsi ku isaha ya Saa munane zuzuye (2:00’) nibwo igitaramo cya 'Summer Fever' cyagombaga guhuriramo abahanzi batandukanye barimo Gabiro Guitar , Kevin Kade , Afrique , Clemy, Maylo,Dj Brianne , Mc Montana na Dj Young cyagombaga gutangira, gusa ijoro rigwa nta gahunda igaragara ihari. Ubwo umunyamakuru wa InyaRwanda.com yageraga ahabereye igitaramo saa munane zuzuye z’amanywa, ibyumva byari gukoresha byari bitarahagera. Ibyuma bihageze byabaye ngombwa ko bihindurwa, hajya kuzanwa ibindi ku mpamvu zitatangajwe. Ibi byabaye bimwe mu byatumye igitaramo nyirizina gitinda mu mboni y’umunyamakuru.

Imyidagaduro yo mu Ntara yicwa na banyirayo bamwe bati "Ese kuki bo bataharanira kuba abanyakuri, bagategura neza ndetse bakubahiriza igihe? Ese ni gute igitaramo cyagombaga kuba saa munane cyatangiye saa yine z’ijoro? Ese cyabatunguye ?"

Umunyamakuru wa RBA ishami rya Musanze Mahoro Vainqueur  wari witabiriye igitaramo, yatangaje ko igitaramo cya Summer Fever cyapfiriye mu byuma ndetse no kuba amasaha atakurikijwe , kuba hakoreshejwe ecouteur abahanzi bamwe batabimenyereye kimwe n’abafana muri rusange. Uyu munyamakuru yavuze ko muri iki gitaramo habayemo gusuzugurwa kw’abahanzi bo muri Musanze bari bitariye igitaramo, bitewe n’izina bafite n’umwanya bahawe wo kuririmba mu gitaramo. Mahoro yagize ati

“Urumva saa moya zageze bagikora sound kandi yagombaga kuba yarangiye kare  ndetse cyanatangiye, mu mitegurire ntabwo cyagenze neza, abahanzi benshi ntabwo bari bamenyereye kuririmbira kuri Ecouteur kubera ko igitaramo cyaje guhinduka Silent Disco kandi ataribyo buri wese wari uhari yari yiteze no kuri Affiche ntabiriho.

Njye navuga ko muri iki gitaramo cya Summer Fever habayemo ikindi kintu cyo gusuzugura abahanzi bakomeye bo mu Ntara, urumva gufata umuhanzi ukomeye nka Maylo, umuhanzi ufite izina watangiye muzika kera, agaharurira ikibuga Afrique ntabwo ariko byakagenze kuko ntabwo azubahwa ndetse na Afrique ntabwo azamufata nka mukuru we muri muzika kandi yaramusanze mu kibuga, so iki gitaramo cyarangiye saa munane z’ijoro na Ecouteur zarangiye bamwe babuze izo bakoresha”.

Umuhanzi uri kuzamuka neza muri muzika Nyarwanda Afrique, yatangarije InyaRwanda.com ko icyo yari ashyize imbere ari ugushimisha abamuri imbere ,atitaye kubyo kuba igitaramo cyahinduwe Silent Disco. Afrique yagize ati

 "Perfomance yari nziza cyane ndetse natunguwe n'umubare w'abafana baje. Ntabwo habura kugaragara akantu katari sawa ariko urebye njye nari nitaye ku bantu bari imbere yanjye cyane".

Umuturage waganiriye n'umunyamakuru wa InyaRwanda.com, yavuze ko gutangaza ko igitaramo kiratangira saa mbili n’uraza akaza azi neza isaha nta gihombo kirimo, ndetse binatanga isura nziza ku bagiteguye aho kubeshya abantu baza bakicara kugeza barambiwe bagataha. Uyu muturage utifuje kuvugwa izina n'indi myirondoro ye, yatangaje ko bidakwiye".

Ubwo twari aho igitaramo cyabereye n’igihe twandikaga iyi nkuru, twagerageje kuvugisha abateguye iki gitaramo ariko ntibyakunda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND