RFL
Kigali

Nyabihu: Semucyo Joseph yanyereye agwa mu mugezi ahita apfa

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:12/05/2022 21:44
0


Mu karere ka Nyabihu, umugabo witwa Semucyo Joseph yaguye mu mugezi wa Gahanga ahita yitaba Imana. Uyu mugabo wari ugiye guha ubwatsi inka zo kwa Nyirabukwe, yanyereye ni uko afata kubyatsi byo ku mukikiro w’umugezi ariko ntihagira icyo bitanga. Umurambo we wabonwe ku isaa tatu z’ijoro zo kuwa gatatu zishyira ku wakane tariki 12 Gicurasi 2022.



Nk’uko twabitangarijwe n’umwishywa we witwa Manishimwe Sousana, Semucyo Joseph yavuye mu rugo agiye guha inka ubwatsi kwa nyirabukwe ni uko anyura ku mugezi wa Gahanga, aranyerera agwa mu mugezi agize ngo afatirize kubyatsi abura kiramira biraranduka niko kugwamo. Uyu mwishywa we kandi yavuze ko uyu mugabo asize abana n’umugore kandi babayeho nabi. Yagize ati

“Yavuye mu rugo nimugoroba agiye guha inka ubwatsi kwa nyirabukwe, ni uko anyerera ku mukikiro w’umugezi afashe kubwatsi bwari hafi y’umugezi buraranduka agwamo. Ubusanzwe yari asanzwe ajya kugaburira izo nka kuko si ubwa mbere yari agiyeyo. Ntabwo yari afite akazi gahoraho kuko yari umufundi ujya gushakisha, kugira ngo babone ubuzima ndetse yishyurire n’abana be ishuri”.

Uyu mudamu yavuze ko yaguye mu mugezi wuzuye bitewe n’imvura yari yaguye. Ati”Uyu mugabo yahingaga uturima afite, yari afite abana batandatu barimo batatu biga baba mu kigo, abandi biga mu mashuri ya ‘Nine Years Basic Education’, mu gihe abandi babiri bari mu mashuri abanza. Imvura yari yaguye yari nyinshi cyane umugezi wuzuye, kandi usa n’ufunganye kandi ari muremure ndetse harimo n’amatare menshi”.

Manishimwe yatangarije InyaRwanda.com ko umurambo wa nyakwigendera wabonetse ku isaa tatu za nijoro zo kuwa gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, ujyanwa gupimwa  ashimangira ko umurambo we wari ufite ibikomere bigaragaza ko nawe yarwanyije kugira ngo avemo ariko bikanga. Yagize ati”Ntabwo byoroshye, ariko tuvuye kumushyingura aka kanya muri uyu mugoroba. Yarwanyije kuko umurambo wari ufite ibikomere kandi bamupimye ngo harebwe icyamwishe”.

Manishimwe yavuze ko umuryango we wabagaho bitewe n’akazi k’ubufundi yakoraga mu mujyi wa Gisenyi (Rubavu), none kugeza ubu bagiye gukora iyo bwabaga ngo bafashe abana biga asize bige barangize, gusa asaba uwaba afite ubushobozi ko yabatiza imbaraga bagafasha umuryango wa nyakwigendera.

Nyakwigendera yari atuye mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mulinga, Akagari ka Rwantobo , Umudugudu wa Rwanda rugari.





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND