RFL
Kigali

Umuryango ‘POWERHer’ wasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/05/2022 19:21
0


Umuryango udaharanira inyungu ‘POWERHer’ ubarizwamo abakobwa n’abagore, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu rwego rwo kwiga amateka u Rwanda rwanyuzemo.



POWERHer, ni umuryango w’abagore n’abakobwa bakora mu byerekeranye n’ingufu n’amashanyarazi.

Ku wa Gatanu tariki 6 Gicurasi 2022, nibwo abagize uyu muryango basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bareba filime zivuga kuri Jenoside, bazenguruka ibice bitandukanye bigize uru rwibutso bareba uko amacakubiri yabibwe na politiki mbi kugeza umugambi wa Jenoside ushyizwe mu bikorwa.

Nyuma yo gusura ibice bitandukanye bigize uru rwibutso, abagize umuryango ‘POWERHer’ bashyize indabo ku mva zishyinguyemo Abatutsi, bafata umunota wo kubunamira mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

Alice Ngoga Mukashyaka uri mu bashinze uyu muryango, yabwiye INYARWANDA ko bahisemo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda.

Avuga ko nyuma yo gusura ibice bitandukanye, yabonye uko Jenoside yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa. 

Ati “Ikintu nize ni uko Jenoside yarateguwe kandi hagiye habaho kubiba amacakubiri. Ubu rero ni uburyo bwiza bwo kumenya amateka, tukigira kubyabaye ndetse tukareba uruhare rwacu nk’urubyiruko.”

Akomeza ati “Muri POWERHer dufite urubyiruko rwinshi rukirangiza Kaminuza, tukareba uburyo bafasha igihugu mu gutera imbere ndetse natwe muri rusange […] nk’abantu bafite aho bahuriye n’ingufu z’amashanyarazi tubona bikwiye ko twiga amateka, tukarushaho gukora cyane tukiteza imbere ndetse n’igihugu.”

Uyu mukobwa yavuze ko umusanzu wa POWERHer ari ugukoresha imbuga nkoranyambaga n’indi miyoboro mu kugaragaza amateka u Rwanda rwanyuzemo, urugendo rw’iterambere ruhanzwe amaso kandi bakarwanya bivuye inyuma abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Allen Munganyinka nawe uri bashinze POWERHer yavuze ko bahisemo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kugira ngo barusheho kwiga neza amateka asharira u Rwanda rwanyuzemo, kugira ngo bakomeze guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi ku Isi.

Yavuze ko nk’urubyiruko rubarizwa muri POWERHer biyemeje gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’indi myumvire ishobora guhembera Jenoside aho ari ho hose ku Isi.

Avuga ko bagiye gukomeza gushishikariza abanyamuryango ba POWERHer n’abanyarwanda n’abandi gukoresha ijwi ryabo mu guhangana na buri wese ushobora kugoreka amateka yaranze u Rwanda.

Urwibutso rwa Gisozi rwa Kigali ni rwo runini mu gihugu urebye umubare w’abarushyinguyemo:  abantu basaga 250.000 bavanywe hirya no hino mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo.

Umuryango ‘POWERHer’ washinzwe mu Ukwakira 2020, ku nkunga ya USAID/POWER Africa kugira ngo wongere ubushobozi n’umubare w’abagore bakora mu rwego rw’ingufu n’amashanyarazi.

Mu myaka yashize hakomeje kugaragara ubuke bw’abagore/abakobwa bakora muri urwo rwego, bigatuma ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ritagaragara muri urwo rwego.

Kugeza ubu uyu muryango umaze gukora ibikorwa bitandukanye birimo guha ubushobozi n’ubumenyi abagore bagize uwo muryango, biciye mu mahugurwa bagenda babona babitewemo inkunga na USAID/POWER Africa.

Uyu muryango kandi watangiranye abanyamuryango 100, ubu ukaba ugeze ku basaga 150.

POWERHer imaze kujya mu bigo by’amashuri bitandukanye, ugamije kwigisha no gukangurira abana b’abakobwa n’abagore kwiga ibijyanjye n’ingufu n’amashanyarazi.

Aha twavuga nka IPRC kicukiro na IPRC Tumba, aho bashyizeho n’ihuriro ry’abakobwa bakiga ariko bashaka kuzajya mu bijyanye n’amashanyarazi.

Ibi byose biri mu rwego rwo gukomeza kubungabunga ihame ry’uburinganire mu rwego rw’ingufu n’amashanyarazi.

 

Abanyamuryango ba ‘POWERHer’ babanje kuganirizwa mbere yo gutangira gusura Urwibutso, berekwa filime y'abarokotse Jenoside bavuga uko abanyarwanda bari babanye n'akamaro k’Urwibutso

 

Alice Ngoga Mukashyaka [Ubanza ibumoso] na Allen Munganyinka [Uri hagati] bavuze ko bahisemo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kugira ngo bige amateka


 

Bafashe umwanya wo kwitegereza uko kuva mu gihe cy'ubukoloni Politiki y'urwango yagiye ibibwa mu Banyarwanda

 

Bafashe umwanya wo kunamira Abatutsi bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali 

Abagize 'Umuryango POWERHer' bashyize indabo ku mva mu rwego rwo guha icyubahiro abashyinguye muri uru rwibutso


 

Basobanuriwe byimbitse amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside n’urugendo rwakozwe mu guhangana n’ingaruka zayo.  

Bageze mu cyumba cy'abana bishwe muri Jenoside, bareba uko Jenoside yakoranwe ubugome kugeza ubwo abicaga batababariraga n'abana b'ibibondo  

Ibice bitandukanye bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bigaragaza uko yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa biturutse kuri politiki y'urwango yabibwe igihe kinini    

Abagize 'POWERHer' biyemeje gutanga umusanzu wabo mu kurwanya buri wese uhembera ingengabitekerezo ya Jenoside    

Icyumba cy'ahari amafoto agaragaza bamwe mu bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994  

Beretswe uko itangazamakuru ryabaye umuyoboro ukomeye wabibye urwango mu Banyarwanda

 

Umuryango Mpuzamahanga watereranye Abanyarwanda mu gihe cya Jenoside 

Ni ku nshuro ya 28 u Rwanda n'inshuti bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 

Abanyamuryango ba ‘POWERHer’ biyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND