RFL
Kigali

NKORE IKI: Ndikwicuza kubera ko nashatse abagabo batatu bose bakanta ! Ese nongere nshake koko ?

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:8/05/2022 16:17
3


Umudamu witwa Stella Mutahi yatangaje inkuru ye ibabaje cyane, avuga ko yashakanye n’abagabo batatu mu bihe bitandukanye nyuma akaza kubaho mu gahinda gakomeye kandi yari yiteze ko azagira umunezero ukomeye.



Stella yavuze ko yashakanye n’abagabo batatu mu bihe bitandukanye. Uyu mubyeyi yahishuye ko yashakanye n’umusore wa mbere wari inshuti ye biganaga ku ishuri, baza no kubyarana umwana w’umukobwa. Kubw’amahirwe make uyu musore ntabwo barambanye, kuko bahise batandukana nyuma y’amezi make babana nk’umugabo n’umugore.

Nyuma yo gutandukana Stella ntabwo yigeze atererana urukundo kuko yahuye n’undi bagakundana, ndetse bakanaza gukora ubukwe. Uyu babanye baje gutandukana nyuma y’imyaka icumi babana, kubera agahinda ahitamo kutazongera gushaka dore ko yahise yiyemeza kuzabaho wenyine kugeza igihe azavira mu buzima.

Umuvandimwe w’umugabo bari bamaze gutandukana, yaje kumusezeranya kumufasha kurera abana akamufasha kubitaho no kubiha ikinyabupfura bitewe n’uko mukuru we yari amaze guta abana. Babanye gutyo bamarana igihe bafatanya kureba abana, ubushuti burakomera cyane burenga kurera abana n’umuryango bahitamo kwibanira bakora ubukwe.

Mu gihe gito babanye, imiryango, inshuti n’abavandimwe basabye umugore n’umugabo we gutandukana bitewe n’uko bashakanye bitewe n’uko umuco utabyemera. Aba bombi baje gutandukana, kubera ababyeyi ndetse n’abana babo kimwe n’abaturanyi babo babahatiraga gutaha. Uyu mudamu yicuza ko yashatse nabi ndetse akaba asaba inama, yibaza niba azongera gushaka. Mugire inama.

Nawe niba ufite ikibazo cyangwa ikindi ushaka kugishaho inama, twandikire kuri Email yacu Info@InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nkurunziza 1 year ago
    yemwe azashake undikubaho wenyine warufite umuntumujyinama ntabwobyoroshye nagerageze andimahirwe
  • Ones hares1 year ago
    Uwo mubyeyi azabanze yikorere introspection amenye igituma atarambana nabagabo ubundi nakimenya uwakane bazabana neza.
  • ndushabandididier2020@gmail.com1 year ago
    Rekeraho





Inyarwanda BACKGROUND