RFL
Kigali

Dore ibyiza 6 byo gushakira umwana wawe umwarimu wihariye wo mu rugo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:3/05/2022 22:24
0


Gushaka umwarimu wigisha umwana wawe nyuma y’amasomo bigira akamaro kenshi cyane, ndetse bigatanga n’umusaruro ugaragara ku mwana wabikorewe. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe akamaro kabyo.



1. Bituma umwana yumva atari wenyine. Umwana yumva ko afite undi muntu umwitayeho. Iyo umwana afite undi mwarimu umwigisha, bituma atekereza ko afite undi muntu yisanzuraho utari mwarimu we asanzwe abona ku ishuri.

Iyo umwarimu wigisha umwana wawe nyuma y’amsomo afite abandi bana yigisha biba akarusho, kuko wa mwana wawe yisangamo akihuza nabo akarema inshuti nshyashya. Umwana muto aba ashaka kuba aho yisanzuye kandi anyuzwe.

2. Bituma yongera ubwenge bwo kubana n’abandi. Umwana wamaze kubona undi mwarimu umwigisha, amenya ubundi bwenge kuko mwarimu we amwigisha kubana n’abandi bana, ndetse akanamwereka uko azajya akina n’abandi bana atabahutaje yirinda guhutazwa. Uyu mwarimu amwigisha kubana n’abandi, akamwereka ko akwiriye kumenya kubabarira undi mwana wamugiriye nabi. Muri make uyu mwarimu ntabwo amwigisha amasomo guso ahubwo amwigisha n’ubundi buzima.

3. Bifasha umwana mu masomo ye asanzwe. Kwigisha umwana amasomo ya nyuma y’uko ava ku ishuri, bimufasha kumenya byisumbuyeho ibyo bize ku ishuri wenda yanarangaye cyangwa yasohotse, cyangwa atanumvise neza. Iyi gahunda ifasha umwana kuba yasubiramo umukoro neza, kuko aba afite uri kumufasha kuwusubiramo. Gahunda yo gushaka undi mwarimu wo murugo, ifasha abana cyane cyane bagira ibibazo byo gukora imikoro.

4. Bituma umwana yoroherwa n’amasomo cyane. Umwana ufashwa nyuma ageze mu rugo, bimufasha kuba umuhanga mu ishuri kubera ko iyo ageze ku ishuri, asanga mwarimu yarabimusobanuriye ugasanga ari kubitsinda cyane, bikamutera gukunda ishuri no kumva ko ari umuhanga cyane.

5. Bitanga umutekano kubana n’uburinzi kubabyeyi. Iyo umwana ageze mu rugo nka saa kumi n’ebyiri, umwana akisanga afite umwarimu mu rugo, bimurinda kuzerera bigatuma umubyeyi akora indi mirimo atuje kandi atekanye.

Abana benshi bahura n’ubushukanyi, bikabaviramo kunywa ibiyobyabwenge kubera ko baba batashye bavuye kuishuri bakabura gikurikirana ubundi bakajya mu ngeso mbi, ariko iyo batuje bataha bagahita bigishwa baguma hamwe.

6. Bituma umwana yigirira icyizere. Umwana ufashwa murugo, yigirira icyizere cyane kuko ntabwo atsindwa cyane mu ishuri, bitewe n’uko aba yarateguriwe umwarimu umwigisha murugo akamufasha gusubiramo ibyo yize byose.

Inkomoko: Understood.org






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND