RFL
Kigali

Umuhanzi Baabi Urban yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Kikoze’-VIDEO

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:1/05/2022 9:51
0


Baabi Urban ni umusore ukorera umuziki we mu Mujyi wa Kigali, uyu musore washyize hanze indirimbo yise ngo ‘Kikoze’, yavuze ko ikubiyemo ubutumwa bw’umwari bakundanaga ariko badaherukana.



Muri iyi ndirimbo uyu musore avuga ko yari afitanye ibanga rikomeye n’umukunzi we , rikaza kumugarurka bitewe n’uko bataherukanaga. Urban akomeza aririmba ko umuntu udafite amafaranga muri Kigali byose aba ari ubusa, akavuga ko ifoto y’umwari yarose yamuteye amazinda.

Mu kiganiro n’uyu musore mushya muri Muzika Nyarwanda, yatangaje ko imbaraga azanye muri muzika azazikoresha neza kugira ngo abashe kugera ku rwego yifuza kugeraho bitewe n’uko yibonamo ubushobozi bwo kuririmba. Baadi Urban yagize ati”Mu by’ukuri mfite impano kandi nanjye ndabibona kimwe n’ubutumwa abandi bampa byose binyereka ko nshoboye, rero ndashaka gukora cyane nkagera ku rwego nifuza muri muzika Nyarwanda ntitaye kubo byananiye, kuko akenshi ducibwa intege n’abatazi imbaraga dukoresha”.

Muri iyi ndirimbo mba ndi kuririmba iby’ibanga ryangarutse nyuma y’igihe kirekire ntabonana n’umukunzi wanjye, hanyuma nkamubwira ko akabanga kikoze, ngahera ko mvuga ko umuntu udafite amafaranga mu Mujyi wa Kigali nta kintu aba afite, ngaragaza ko burya urukundo rw’iyi minsi rwose rusaba amafaranga”.

Uyu musore yizeza umukobwa akunda ko atazigera ayoba kuko ahari kubwe, akavuga ko urukundo amukunda rurenze ibyabatandukanya byose.

REBA HANO WAHALA YA BAABI URBAN





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND