RFL
Kigali

Mukase wa Akeza Elisie Rutiyomba yagejejwe imbere y’Urukiko

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/01/2022 12:43
0


Nyuma y’iminsi igera kuri 13 Akeza Elisie Rutiyomba yitabye Imana, umwe mu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe akaba na mukase yagejejwe imbere y’Urukiko bwa mbere.



Akeza Elisie yitabye Imana ku wa 14 Mutarama 2022 azize urupfu rwababaje benshi, nyuma urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha 'RIB' rugatangaza ko babiri bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu  batawe muri yombi barimo mukase n’umukozi wo muri urwo rugo witwa Nirere Dative.

Kuri uyu wa 27 Mutarama 2022, Marie Chantal Mukanzabarushimana, mukase wa  Akeza akaba yagejejwe imbere y’Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro ngo aburane ku byaha akekwaho.

Akeza Elisie Rutiyomba yari mwene Florian Rutiyomba na Agathe Niragire, yaguye mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kanombe, Akagali ka Busanza, Umudugudu wa Antene.

Aho yasanzwe mu kigega cya litiro magana abiri yamaze gushiramo umwuka, ibintu byateje urujijo hibazwa uko yagezemo bikababaza benshi. Ku wa 18 Mutarama 2022 nibwo yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo.  

Marie Chantal ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Akeza Elisie Rutiyomba yagejwe imbere y'Urukiko

Marie Chantal w'imyaka 33 nibwo bwa mbere yagaragaye mu rukiko nyuma y'iminsi 13 Akeza Elisie yitabye Imana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND