Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sam Narabatuwe, unitegura gushyira hanze indirimbo yatangaje byinshi ku muziki we ukomeje kubera umugisha benshi binyuze mu bihangano by’umwuka birimo icyo yise ‘Ku Musaraba’ aheruka gushyira hanze.
Umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje
kwiharira isoko yaba mu buryo bw’ikoranabuhanga no mu buzima busanzwe aho ubona
ko abantu baba banyotewe kumva indirimbo zihembura imitima zikorwa n’abahanzi
banyuranye buri munsi.
Umwe muri abo akaba ari Sam Narabatuwe umusore ukiri
muto ariko ukomeje kugaragaza ubuhanga mu bihangano akora. Mu kiganiro yagiranye
na INYARWANDA, yasobanuye byinshi ku muziki we anakomoza ku ndirimbo yitegura
gushyira hanze mu bihe bya vuba.
Ati:”Nitwa Sam Narabatuwe, ndi umusore, nkaba ndi
umuririmbyi uririrmba indirimbo ziramya zikanahimbaza Imana, natangiye
kuririmba nkiri muto cyane muri Sunday school, naririmbye mu makorari menshi,
ariko ubu korari mbarizwamo ni Holy Nation choir ADEPR Gatenga.”
Sam nubwo aririmba ku giti cye ahamya ko yihebeye
gukorana n’abandi ati:”Nubwo ndirimba ku giti cyanjye ntabwo nareka na korali kuko ari yo natorejwemo kandi nkunda kuririmbana n'abandi cyane, kugeza ubu maze
gukora indirimbo 6 harimo 5 z'amajwi gusa.”
Mu ndirimbo esheshatu amaze gukora harimo izo yagiye
yifashishamo abandi ati: ”Muri izo ndirimbo 2 nazikoranye n'abandi bahanzi, nk'iyitwa
‘Ndanashima’ ariyo nahereyeho nayikoranye na Jado Kwizera, naho iyakurikiyeho
yitwa ‘Ntacyo Nzatinya’ nayikoranye na
Job Batatu.”
Agaruka ku ndirimbo ikomeje guhembura imitima ya
benshi ati:”Indirimbo mperuka gushyira hanze yitwa ‘Ku Musaraba’ ni yo gushima
Imana kuko yatanze Yesu akadupfira ku musaraba, kandi ivuga ko ku musaraba ari ho
twaherewe kwezwa ibyaha byacu.”
Sam yageneye ubutumwa abakomeje kumushyigikira ati:”Nkaba
mbwira abakunzi banjye ko hari byinshi mbategurira muri uyu mwaka aho ndasohora
indirimbo ikoze mu buryo bw’amajwi n’amashusho mu bihe bya vuba, ndateganya kandi
gukomeza gukora cyane bishoboka kandi nuko Imana izanshoboza.”
Asezeranya abakunzi b’ibihangano by’umwuka by’umwihariko
ibyo akora ati:”Kandi nzakomeza kubaha indirimbo nziza zihembura imitima,
bakomeze kunshyigikira mu masengesho bampa n'ibitekerezo byabo birakenewe,
bananshyigikire muri gahunda nihaye yo kujya nsohora indirimbo z'amajwi
n'amashusho cyane kurusha Audio.”
Sam yatangiye gukora umuziki kuva mu buto
Aritegura mu bihe bya vuba gushyira hanze indi ndirimbo izasohokana n'amashusho yayo
KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO YA SAM ‘KU MUSARABA’
TANGA IGITECYEREZO