Ubwo yari mu mukino Elche yaguye miswi na Real Madrid ku Cyumweru tariki ya 23 Mutarama 2022, Rutahizamu w’umufaransa, Karim Benzema, urugo rwe rwatewe n’abajura baramucucura karahava.
Benzema
yaraye agaragaye mu mukino Real Madrid yanganyijemo na Elche ibitego 2-2 muri shampiyona
ya Espagne, gusa yaje gusimbura ku munota wa 58 nyuma yo kuvunika.
Uyu rutahizamu
utahiriwe n’uyu munsi, yahushije penaliti ubwo ikipe ye yari imaze gutsindwa,
atashye mu rugo iwe asanga abajuru bamwibye.
Ikinyamakuru
20 minutos cyo muri Espagne, cyatangaje ko abajura bateye urugo rwa Benzema
binjiriye mu busitani aho afite inzu ihenze mu gace ka San Sebastián de los
Reyes ndetse icyo gihe nta muntu wari mu rugo.
Benzema
yaherukaga kwibwa muri Gashyantare 2019 ubwo we na bagenzi be bo muri Real
Madrid bari bagiye gukina ‘El Classico’ na FC Barcelone.
Ntabwo
higeze hatangazwa ibyo abajura bibye mu nzu y’uyu mukinnyi umaze gutsindira
Real Madrid ibitego 17 mu mikino 22 imaze gukinwa muri Shampiyona ya Espagne uyu
mwaka.
Kunganya
na Elche byatumye Real Madrid igira amanota 50 ku mwanya wa mbere, irusha
amanota ane Sevilla iyikurikiye.
Benzema yasohotse mu kibuga umukino utarangiye kubera imvune
TANGA IGITECYEREZO